Rutahizamu wa Real Madrid, Karim Benzema, yongeye guhamagarwa mu kipe y’igihugu y’Abafaransa ‘Les Bleus’, nyuma y’imyaka itanu yarayirukanwemo.
Benzema yirukanwe mu kipe y’Abafaransa n’umutoza Didier Deschamps muri 2015, nyuma yo gushinjwa gushyira hanze amashusho y’urukozasoni ya mugenzi we Mathieu Valbuena.
Ikinyamakuru Le Parisien cyari cyatangaje ko Benzema ashobora guhamagarwa mu bakinnyi Ubufaransa buzifashisha muri Euro 2020. Le Parisien yatangaje iyi nkuru nyuma y’iya l’Equipe ivuga ko umutoza Didier Deschamps ari kumutekerezaho cyane.
Umutoza Deschamps yari yarakunze gutangaza ko icyemezo yafatiye Benzema kitahindutse.
Cyakora cyo amakuru avuga ko uyu mutoza yamaze kuva ku izima, nyuma yo gushyirwaho igitutu n’abantu batandukanye banarimo Arsène Wenger wahoze atoza Arsenal.
Benzema kuri ubu aragaragara mu bakinnyi 26 umutoza Didier Deschamps yiyambaje kugira ngo bazafashe Ubufaransa kwegukana Euro.
Byitezwe ko uyu rutahizamu wa Real Madrid azayobora ubusatirizi bw’Abafaransa, ari hamwe na Kylian MbappĂ© cyo kimwe na Antoine Griezmann.
Ubufaransa muri Euro 2020 buri mu tsinda F busangiye n’ikipe y’igihugu ya Portugal, iy’Ubudage na Hongria.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


