Leo Messo yerekeje muri Arsenal yo mu Bwongereza

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yamaze gusinyisha Leo Messo, umukinnyi ukiri muto ukomoka mu gihugu cya Kenya.

Inkuru y’uko iyi kipe yamaze gusinyisha uriya mukinnyi yemejwe na Chris Wheatley usanzwe ashinzwe itangazamakuru mu kipe ya Arsenal, gusa ntiyagira byinshi atangaza ku bikubiye muri Transfert ye.

Amafoto yagiye hanze agaragaza Messo nyuma yo gusinyira Arsenal afite umwambaro wayo wa numéro 9 mu mugongo, ibisobanura ko ashobora kuba ari rutahizamu.

Messo yari ahagararanye na Per Mertsacker usanzwe ari umutoza mu ishuri ry’Umupira w’Amaguru rya Arsenal.

Amakuru avugako Leo Messo w’imyaka 10 y’amavuko Arsenal yamukuye mu kipe ya West Ham United.

Ni inkuru yavugishije abenshi mu bakunzi ba Arsenal biganjemo abanya-Kenya, ahanini bitewe n’uko uriya mwana ajya kwitiranwa na kizigenza Leo Messi usanzwe ari Kapiteni wa FC Barcelona.

Abagize icyo bavuga kuri uriya mukinnyi bahurije ku kuba ari ibyiringiro by’ejo hazaza ha Arsenal.

Arsenal yasinyishije Leo Messo, mu gihe ikomeje kwifuza abakinnyi barimo Moussa Dembele, Julian Brandt, Ryan Bertrand, Max Aarons na Martin Odegaard yifuza kugurishwa na Real Madrid.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *