Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Vincent Karega yavuze ko amaze imyaka 30 yumva ibyiwa balkanisation; u Rwanda rwigarurira bimwe mu bice bya RDC. Imvugo ‘Balkanisation’, yatangijwe n’abarimo Arikiyepiskopi wa Kinshasa, Cardinal Fridolin Ambongo na Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC, akaba n’Umuvugizi w’Ihuriro Lamuka rya Martin Fayulu watsinzwe amatora ya Perezida mu 2018. Mu kiganiro n’ikinyamakuru Business et Finances cyo muri RDC, Karega ati “Hashize imyaka 30 mbyumva nyamara nta na rimwe u Rwanda rwigeze runafata na metero kare imwe muri RDC kugeza ubu. Ntaho nzi umushinga umara imyaka 30 utarashyirwa mu bikorwa. Niba atari inzozi, ba nyiri uwo mushinga warabananiye. Ku bwanjye mbifata nk’ibihuha bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga muri Congo”. Ambasaderi Karega yavuze ko ibyiza ari uko Guverinoma ya RDC nta gaciro ibiha uretse ko n’imiryango mpuzamahanga ibihugu byombi bihuriyemo itemera igihugu kivogera ubusugire bw’ikindi. Uyu mugabo yasobanuye byinshi kuri iyi ngingo BWIZA itari bugarukeho kuko byose bihuriza ku guhakana ibivugwa. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Hashize imyaka 30 mbyumva-Amb. Karega
Ni gute se Amb. Karega atabihakana? kimwe nuko atakwemera ko Karegeya yanigiwe muri SA, ko Kayumba yarashwe ubugira gatatu, ko Cape Town umuganga baziranye cyane yapfuye, cyangwa ko hari imishinga y’ubuhinzi yari ashinzwe yaburiye irengero ikigira mu mifuka ya FPR!!! ayobewe iki ko amanyanga yayigiye muri Congo aho ubu ari gutekinika.
Hashize imyaka 30 mbyumva-Amb. Karega
Ni gute se Amb. Karega atabihakana? kimwe nuko atakwemera ko Karegeya yanigiwe muri SA, ko Kayumba yarashwe ubugira gatatu, ko Cape Town umuganga baziranye cyane yapfuye, cyangwa ko hari imishinga y’ubuhinzi yari ashinzwe yaburiye irengero ikigira mu mifuka ya FPR!!! ayobewe iki ko amanyanga yayigiye muri Congo aho ubu ari gutekinika.