Iruka rya Nyiragongo: Abantu basaga 170 baburiwe irengero, 150 baburanye n’ababo

Sangiza iyi nkuru

Abatuye mu bice by’Amajyaruguru ya Goma basubiye mu ngo zabo gusa basanga zahiye nyuma y’uko ikirunga cya Nyiragongo kirutse, Ishami rya LONI riharanira uburenganzira bw’abana (UNICEF) rivuga ko abasaga ku 170 baburiwe irengero mu gihe 150 bo baburanye n’ababo.

Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, Nyiragongo yahinduye ikirere umutuku maze iruka amazuku yamanutse akagera hafi ya Goma, umujyi utuwe na miliyoni ebyiri z’abantu uri munsi y’iki kirunga.

Abantu 15 nibo bimaze kwemezwa ko bapfuye, ariko uyu mubare ushobora kwiyongera mu gihe kubarura ibyangiritse bitararangira ahibasiwe cyane.

UNICEF ivuga ko abana barenga 170 babuze, naho abagera ku 150 batanye n’imiryango yabo nk’uko UNICEF ibivuga, ndetse ivuga ko igiye gushyiraho ibigo byo gufasha abana bari bonyine nk’uko BBC yabitangaje.

Amazuku yibasiye komine Buhene, mu nkengero za Goma, atwika inzu yewe n’inzu nini. Gusubiranya ibyangiritse bishobora gufata amezi menshi.

Nyiragongo, iri kuri 10Km mu majyaruguru ya Goma, iheruka kuruka bikomeye mu 2002 aho abantu 250 bapfuye abagera ku 120,000 bagasigara ntaho kwikinga.

Iki kirunga igihe cyarutse kikica abantu benshi cyane ni mu 1977 aho abantu 600 bapfuye.

Leta ya Congo ivuga ko igiye gukora ibikorwa by’ubutabazi muri ako gace kashegeshwe bikomeye.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


XMA Header Image
Perezida Kagame mumumbwirire\\Rwabaye umuti ku njiji\mfite amakuru ko Nahimana amerewe nabi-Assouman
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *