Jacob Oulanyah ni we watorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Uganda, atsinze Rebecca Kadaga wari umaze imyaka 10 ari umuyobozi wayo.
Ni mu matora yabereye kuri uyu wa Mbere ku kibuga cya Kololo.
Oulanyah yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Uganda nyuma yo gushyigikirwa n’abadepite 310 bangana na 59.38% mu gihe Kadaga yagize amajwi 170 angana na 37.73%.
Depite Ssemuju Nganda wo mu ishyaka FDC ni we wabaye uwa gatatu n’amajwi 2.87%.
Jacob Oulanyah nyuma yo gutorerwa kuyobora inteko ya Uganda, yahise arahizwa na Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Madamu Rebecca Kadaga yatsinze, yari Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Uganda kuva muri 2011.
Uyu mugore uhagarariye akarere ka Kamuli mu nteko ni ku nshuro ya gatatu yiyamamazaga, gusa aza gutsindwa amatora nyuma yo gutakarizwa icyizere n’ishyaka NRM riri ku butegetsi.
Iri shyaka binyuze muri Komite Nyobozi yaryo ku rwego rw’Igihugu ryaherukaga gutangaza ko rishyigikiye Oulanyah nk’umukandida waryo wigenga, ibyatumye Kadaga afata icyemezo cyo kwiyamamaza nk’umukandida wigenga.
Abakurikiranira hafi ibya Politiki ya Uganda bahuza ugutsindwa kwa Kadaga n’impamvu yo gushwana n’ishyaka NRM, bijyanye no kuba yari amaze igihe yibasira abayobozi bakuru baryo abashinja kumurwanya.
Jacob Oulanyah w’imyaka 56 y’amavuko, abaye umuntu wa mbere ukomoka mu gace ka Acholi ubaye Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Uganda ndetse n’uwa Kabiri ukomoka mu majyaruguru ya Uganda nyuma ya nyakwigendera Dr Francis Ayume.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


