Abakoresha Twitter batandukanye cyane abakurikirana umuziki, batangije inkundura yo gukora ibishoboka byose ngo umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnumz atazatorwa mu irushanwa rya Black Entertainment Television (BET) 2021 bamuziza guhengama muri politiki. Bamwe kuri Twitter bavuga ko Diamond adakwiriye gutorwa kuko ” Avanga politiki n’umuziki kandi agahengamira ku ruhande rw’ishyaka rimwe mu gihe abakunzi be bava mu mashyaka anyuranye.” Indirimbo kuri ubu bari gutunga urutoki ni iyitwa ” Acha Nikae Kimya” Bivuze ngo ” Reka nicecekere.” Hari abamushinja ko yagaragaje guhengamira uruhande rwa Chama cha Mapinduzi (CCM) ajya mu bikorwa byo kwiyamamaza kwayo. Iyi ndirimbo yasohotse kuwa 2 Mata 2017 igaruka ku bantu benshi bakomeza kugaragaza ibibazo biri muri politki ya Tanzania. Diamond kuri iyi ndirimbo ashinjwa ” Gushaka gukoresha ubwamamare bwe mu gucecekesha abavuga ibitagenda.” Hari abavuga ko bava mu yandi mashyaka bityo ugutorwa kwa Diamond kureba abo muri CCM, ko ahubwo bazatora Burna Boy. Diamond uhanganye na Wizkid ndetse na Burna Boy mu kiciro cya BEST INTERNATIONAL ACT yagiye agaragara mu bikorwa byinshi bya CCM. Yahinnduye indirimbo ye yitwa ‘ Number One’ ayiririmba mu buryo busingiza CCM. Nyir’ubwite ntacyo aratangaza kuri iyi nkundura. Byinshi ku bivugwa n’abatangije inkundura wasoma: https://bongo5.com/wadau-wa-buruduani-kutoka-vyama-vya-upinzani-waanzisha-kampeni-twitter-ya-kutompigia-kura-diamond-tuzo-za-bet-05-2021/ ACHA NIKAE KIMYA YA DIAMOND PLATNUMZ Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
XMA Header Image
Abayobozi ba ADEPR bateye ibuye mu gihuru\\Youtube si yabo barihuse\\Amadini agiye kwiyongera
youtube.com


