Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere yakiriye kuri Village Urugwiro abakinnyi n’abatoza b’ikipe ya Patriots Basketball Club, mu rwego rwo kubashimira uko bitwaye mu irushanwa rya BAL.
Basketball Africa League yabaga ku nshuro yayo ya mbere, yasojwe ku Cyumweru yegukanwe n’ikipe ya Zamalek yo mu Misiri nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma US Monastir yo muri Tunisia.
Patriots yari ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa yegukanye umwanya wa Kane, nyuma yo gutsindwa na Petro Atletico de Luanda yo muri Angola ku munota 97-68, mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu.
Perezida Kagame ubwo yakiraga abagize ikipe ya Patriots kuri uyu wa Mbere, yabashimiye uko bitwaye muri iriya mikino.
Ati: “Nagira ngo mbashimire kandi mwarakoze ku byo mwakoze byose mu gihe cy’imikino ya BAL. Ndabizi neza ko mushobora kuba mutishimye kubera ko mutatwaye igikombe, ariko mukwiye kugira ishema; mugomba kwishimira ko hari abo mwateye ishema.”
Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ko kuba baritabiriye ririya rushanwa byonyine ari ingenzi, kuko byahesheje igihugu ishema nyuma yo kwakira iriya mikino.
Ati: “Icyo ni ikintu byonyine gikwiye kubatera ishema.”
Perezida Kagame yakomeje abwira abakinnyi ko n’ubwo batatwaye igikombe, yizeye ko bari guteganya kugitwara mu irushanwa ritaha.
Yunzemo ati: “Gutsinda no gutsindwa biri mu bigize ubuzima. Mu buzima, muri buri kimwe, utsinda bimwe ugatsindwa ibindi. Singombwa uwo uri we, si ngombwa aho ukomoka, buri gihe habaho gutsinda no gutsindwa.”
Umukuru w’Igihugu asa n’uhanura abakinnyi yababwiye ko “Iyo utsinzwe, wipfusha ubusa uko gutsindwa. Kuko gutsindwa biguha amasomo yo kwiga. Uti ‘Ese ni iki nakosora, ni iki ntakoze neza? Hanyuma kubera iki? Hanyuma muri uko gusubiza ibyo bibazo, urikosora. Kandi ndatekereza uko ni ko gutsinda.”
Perezida Kagame yavuze ko Leta iteganya gushora imari muri siporo zitandukanye, gusa ashimangira ko umukino wa Basketball wo uzashyigikirwa mu buryo bwihariye.




Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


