MSF irikanga Kolera ishobora kwaduka i Goma

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’abaganga batagira umupaka Médecins Sans Frontières (MSF) uvuga ko kubera ko indwara ya kolera (cholera) isanzwe iboneka mu gace kegereye ikirunga cya Nyiragongo biteye inkeke cyane, bicyenewe ko mu buryo bwihutirwa abantu bo mu Mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa DR Congo bagezwaho amazi meza yo kunywa.

Ibi MSF ibishingira ku kuba abantu hafi 500.000 muri Repubuika ya Demokarasi ya Congo basigaye nta mazi meza yo kunywa bafite nyuma y’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

Ububiko bw’amazi n’impombo zayo byarangiritse ubwo Nyiragongo yarukaga ku itariki ya 22 y’ukwezi kwa gatanu.

Abantu babarirwa mu bihumbi amagana, n’ubu ntibarashobora gusubira mu ngo zabo.

Mu nyandiko yasohoye, Magali Roudaut ukuriye MSF muri DR Congo yagize ati:”Turimo gufasha mu bicyenewe aka kanya n’abantu bataye ingo zabo, ariko ntabwo bihagije. Turasaba ubufasha bwihuse bw’indi miryango itanga imfashanyo kugira ngo tubashe gufasha abantu”.

MSF yavuze ko amatsinda yayo arimo gutanga ubufasha bw’ubuvuzi mu Mujyi wa Sake, uturanye na Goma, “aho abantu bari hagati ya 100.000 na 180.000 bateraniye mu nsengero, amashuri, imisigiti no mu mihanda”.

Ikirunga cya Nyiragongo, kiri mu ntera ya kilometero 10 uvuye mu mujyi wa Goma, cyarutse amazuku cyangwa amahindure (lava) mu minsi 10 ishize, yica abantu 32, nkuko umuryango w’abibumbye (ONU/UN) ubivuga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


XMA Header Image
Abanyarwanda bazicwa n’inzara nibanga kumva\Leta yihute kubambura ubutaka/Inteko nimpamagare-Robert
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *