Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo DR mu Ntara ya Kivu y’Epfo, Capt. DieudonnĂ© Kasereka avuga ko bari kwitegura, ko bategereje itegeko ngo bamanuke basenye imitwe ya Mai Mai, Biloze Bishambuke na Twirwaneho n’indi iteza umutekano mucye muri iyo ntara. Imirwano hagati y’iyi mitwe muri wikendi ishize yatumye Abanyamulenge benshi mu gace ka Bijombo hafi ya Minembwe bahunga, inzu zabo ziratwikwa batewe na Mai Mai. Abanyamulenge bo bavuga ko hari abasivile bishwe muri iyi mirwano ndetse hari abagore bashimuswe n’abarwanyi ba Mai Mai. Imirwano y’imitwe yitwaje intwaro ishingiye ku moko imaze kugwamo abasivile benshi abandi bava mu byabo mu misozi ya Minembwe, Fizi na Uvila, kandi nta cyerekana ko izi ntambara zimaze igihe kirekire zizarangira vuba. Captain Kasereka avuga ko muri rusange hari agahenge muri ako gace uretse imirwano yo kuwa Gatandatu mu Bijombo yatumye abantu bahunga abandi bagakomereka. Captain Kasereka avuga ko bari kwitegura kurandura iyi mitwe y’inyeshyamba, n’ubwo imvugo nk’iyi atari nshya ku ruhande rw’ingabo za DR Congo. Afande Kaserka ati: “Turi kwitegura, nitubona itegeko tuzabanukaho bose, baba abakorana na Makanika ba Twirwaneho, ba Biloze Bishambuke, Mai Mai…abo bose tuzabakubita igihe nikigera.” Abanyamulenge bavuga ko bibasirwa n’ubwicanyi bubakorerwa bashinja imitwe ishamikiye ku yandi moko baturanye muri aka gace. Ntitwarinda ubwoko bumwe Kasereka avuga ko ingabo za FARDC zitagomba kurinda ubwoko bumwe. Yabwiye BBC ati: “Abanyamulenge rero sibo bagomba guhora bavuga ngo FARDC ntacyo dukora, ducunga umutkeano wa bose…Ikibabaje ni uko Abanyamulenge badashaka kwemera umuhate w’ingabo mu kubarinda.” Kasereka ahakana ko FARDC yananiwe kurangiza ikibazo cy’izi nyeshyamba, ahubwo ashinja iyi mitwe ihora ihanganye kuzana abarwanyi bavuye mu bihugu bituranyi kuza kugirira nabi “abavandimwe babo” muri DR Congo. Ati: “Ibyo bihugu turabizi ariko ntabyo tuvuga amazina kuko twebwe turi abasirikare ntabwo turi abanyapolitiki.” Imitwe yitwaje intwaro y’Abarundi n’Abanyarwanda iba muri Kivu y’Epfo ivugwa mu mirwano y’iyi mitwe y’Abanyecongo iri ku ruhande rumwe cyangwa urundi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


