Umusizi Bahati Innocent ntiyongeye gukubitwa amaso kuva ku cyumweru tariki 07 Gashyantare 2021 nimugoroga ubwo hari umuntu wari gusangira na we kuri Hotel iri mu Mujyi wa Nyanza. Mugenzi we Rumaga, babanaga yatangaje ko abo babonanye bwa nyuma mu Mujyi wa Nyanza bamuheruka ababwira ko atashye. Bahati ukiri ingaragu, azwi mu bisigo bivuga ku mibereho n’urukundo, ibisigo bye nka ‘Imana ya Sembwa’, ‘Urwandiko rwa Bene Gakara’ n’icyo aheruka gusohora yise ‘Mfungurira’, byarakunzwe kuri YouTube. Amezi abaye ane uyu musore atarongera kugaragara mu ruhame. Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, kuwa 16 Gashyantare 2021, yabwiye BBC ati: “Iperereza riracyakorwa, kugeza ubu nta byinshi twatangaza bitabangamira iperereza”. Rumaga yabwiye BBC ko nta mpamvu muri izi cyangwa izindi yatuma Bahati aburirwa irengero, ndetse avuga ko ataba yaragiye hanze y’igihugu kuko imipaka igifunze kubera Covid-19. Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda, Johnston Busingye yavuze ko hagati y’ukwezi kwa mbere 2019 n’ukwa cyenda 2020, inzego zikurikirana ibyaha zakiriye amakuru ko abantu 1,301 babuze ariko ko muri bo 1,124 baje kuboneka, gusa ko 291 n’ubu bataraboneka. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


