Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye avuga ko iby’uko bamwe mu bo ayoboye harimo Abatutsi, Abahutu n’Abatwa ntacyo byari bikwiriye kuba bihungabanya ku bumwe bwabo kuko na Israel yashyize hamwe kandi igizwe n’imiryango 12.
Perezida Ndayishimiye yabigarutseho kuwa 8 Kamena 2021 ku munsi wo gukunda igihugu wahuriranye n’uwo Nkurunziza yatabarukiyeho. Yagize ati ” Kwitwa umuhutu, canke umututsi canke umutwa, nta co bidutwaye kuko n’abanye Israel bari bafise ubumwe kandi bari mu miryango 12.” Yakomeje agira ati “Uvuga uti uri mu muryango w’abatutsi canke w’abahutu canke w’abatwa, nta co vyodutwara, igikuru n’ukumenya ko iyo miryango ari iyo Abarundi, atari iyo abanyamahanga.” Muri uwo muhango kandi, Ndayishimiye yavuze ko i Gitega hagiye kubakwa ikigo gishinzwe gukundisha abaturage igihugu. Ikibazo cy’umwiryane hagati y’Abatutsi n’Abahutu mu Burundi barwanira ubutegetsi kimaze igihe aho bamwe babujyaho, abandi bagakubita agatoki ku kandi bashaka kubahirika. Iki kibazo cyabaye ingume kugeza no ku mwanzuro wo gutanga imyanya muri guverinoma bigendeye ku moko. Perezida yaba ari Umututsi, Visi-perezida akaba Umuhutu mu rwego rwo kuringaniza amoko. Humvikana ugutungana intoki hagati y’Abahutu n’Abatutsi bamwe bati mu 1972 mwaratumaze, abandi bati 1993 mwatwishemo benshi, bamwe bati mwadukoreye jenoside. Perezida Ndayishimiye akunze kumvikana yamagana abitwaza amoko, ababaza niba ubwoko bwabo bazaburya. Kuri iyi ngingo, wasoma: https://bwiza.com/?Niba-uri-Umuhutu-ubwo-buhutu-bwawe-ni-nde-uzaburya-_Perezida-Ndayishimiye Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


