Umuhanzi wo mu itsinda rya Urban Boyz, Ahmed Nshimiyimana uzwi nka Nizzo avuga ko nta gahunda y’ubukwe afite kuko ngo ubu nta n’umukunzi afite. Kuva mu 2020, ku mbuga nkoranyambaga na bimwe mu bitangazamakuru byahwihwishije ko Nizzo yaba yarakoze ubukwe n’umukobwa ubua mu Bushinwa gusa we arabihakana. Mu kiganiro n’imwe muri radiyo zo mu Rwanda, ati ” Reka iki kintu ngisobanure neza.Sinigeze ngira ubukwe nta n’ubwo nteganya nk’uko byagiye bivugwa.” Yemeye ko ubukwe nibuba buhari azamenyesha abakunzi be. Uyu musore yagiye avugwaho kuba mu rukundo n’abarimo Anita Pendo na Sacha Kate gusa nta n’umwe muri bo bigeze babana. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
XMA Header Image
BRD ntifite amakuru yuzuye ku banyeshuri yagurije/Perezida Macron yakubiswe / Yabyaye abana 10!
youtube.com


