U Butaliyani bwatangiye Euro 2020 bwihaniza Turkiya

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani yatangiye neza Igikombe cy’u Burayi (Euro 2020), nyuma yo gutsinda Turkiya ibitego 3-0 mu mukino ufungura irushanwa.

Turkiya yari yagerageje kwizirika ku Bataliyani mu minota 45 y’igice cya mbere, gusa iza kugira ibyago ku munota wa 53 ubwo Merih Demiral yitsindaga igitego.

Hari ku mupira wari uhinduwe imbere y’izamu na Domenico Berardi, mbere y’uko uriya myugariro awutereka mu izamu rye.

Ikipe y’Igihugu y’Abataliyani yari yihariye igice cya mbere cy’umukino, gusa ikagorwa no kubona ibyanzu yameneramo ngo inyeganyeze inshundura.

Uburyo bukomeye iyi kipe yabonye bwaturutse ku mutwe myugariro Giorgio Chiellini yateye, gusa birangira umuzamu Ugurcan Cakir arengeje umupira hejuru y’izamu.

Abataliyani batakaga cyane izamu rya Turkiya babonye igitego cya kabiri ku munota wa 66 binyuze kuri Cilo Immobile, mbere y’uko Lorenzo Insigne atsinda agashinguracumu ku munota wa 79.

Hari ku mupira uyu rutahizamu wa Napoli yari ahawe na Berardi, ariko nanone ku makosa y’umuzamu Cakir wari unaniwe gukiza izamu rye.

Abataliyani ni bwo bwa mbere batsindaga hejuru y’ibitego bibiri mu mikino 39 baherukaga gukina muri Euro.

Cyakora cyo iyi kipe y’umutoza Roberto Mancini yakinanye ingufu zidasanzwe, imaze imikino mpuzamahanga 28 yikurikiranya idatsindwa, dore ko yatsinze 23 ikanganya itanu.

U Butaliyani buheruka gutsindwa umukino uwo ariwo wose muri 2018 ubwo bwatsindwaga na Portugal igitego 1-0, mu mukino wa UEFA Nations League wari wabereye i Lisbon.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *