Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Félix Tshisekedi yatangaje ko yizeye ko uyu mwaka uzarangira Afurika imaze gukingira icyorezo cya Covid-19 ku kigero cya 60%.
Uyu Mukuru w’Igihugu mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 12 Kamena 2021, yavuze ko igihugu cye n’umugabane wa Afurika biri gukorana n’abafatanyabikorwa benshi kugira ngo babifashe kugera kuri iyi ntego.
Yagize ati: “Turi gukorana n’abafatanyabikorwa kugira ngo badufashe kubona inkingo. Nizeye ko uyu mwaka uzarangira, muri RDC no muri Afurika yose, hamaze gukingirwa byibuze 60%.”
Perezida Tshisekedi atanze iki cyizere mu gihe imiryango nk’ushinzwe ubuzima, OMS, imaze iminsi itangaza ko uyu mugabane ukomeje kubura inkingo wari witeze, cyane cyane AstraZeneca bitewe n’impamvu zirimo kuba uruganda rwa Serum rwo mu Buhinde rwarahagaritse gahunda yo kuwoherereza inkingo.
Izi mbogamizi zatumye umubare w’abakingirwa kuri uyu mugabane uba mutoya cyane, ku buryo bigaragara ko bishoboka cyane ko intego yo gukingira abantu 60% kugeza mu mpera z’uyu mwaka itazagerwaho.
Ibindi bibazo uyu mugabane ufite ni uko hari ibihugu bidashoboye gukoresha inkingo byahawe, ibirimo RDC na Sudani y’Epfo byo bikaba byaremeye kuzisubiza kugira ngo zihabwe ibihugu bishoboye kuzikoresha mbere y’uko zisaza.
Hari kandi inkingo zasaziye mu bubiko bw’ibihugu nka Malawi, bihitamo kuzitwika nk’indi myanda yose. Ibi nabyo byananiwe kuzikoresha mbere y’uko zisaza.
Iki kibazo cyiyongera ku kindi cy’imyumvire y’uko izi nkingo nka AstraZeneca zigira ingaruka mbi ku buzima bw’uwazitewe nko kuvura kw’amaraso, cyatumye hari ibihagarika kuzikoresha.
Ikigo cy’ubushakashatsi no gukusanya amakuru, Our World in Data kigaragaza ko kugeza mu ntangiriro za Kamena 2021, abantu bamaze guhabwa doze ya mbere y’urukingo rwa Covid-19 ku Isi ari 11%, muri Afurika ho bari munsi ya 2%. Abamaze gukingirwa mu buryo bwuzuye kuri uyu mugabane ni 0.6%.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


