Afurika y’Epfo yirukanye abadiplomate b’abanyamahanga barenga 200 barimo ab’u Rwanda bataramenyekana umubare n’amazina, ibaryoza kugura inzoga nta misoro batswe, nyuma bo bakazigurisha ku mafaranga y’umurengera, ibintu iki gihugu kivuga ko byagihombeje miliyoni z’amadolari z’imisoro buri kwezi. Ikinyamakuru cyo muri Afurika y’Epfo, Sunday Independent, dukesha iyi nkuru gitangaza ko abirukanywe bakomoka mu bihugu birimo: u Burundi, u Rwanda, Lesotho, Gineya, Malawi n’ibindi bihugu. Mu itangazo ibiro bishinzwe ububanyi n’amahanga n’ubutwererane ya Afurika y’Epfo (DIRCO) byashyize ku rubuga rwa Twitter tariki ya 11 Kamena 2021, ryavugaga ko aba badipolomate bahamwe n’amakosa yo gukoresha ububasha bwabo, bagura inzoga nyinshi bakomorerwaho imisoro (duty-free alcohol), hanyuma bakazicuruza kandi bitemewe. Ibyo DIRCO yatangaje byavuye mu iperereza ikigo gishinzwe imisoro n’amahoro cya Afurika y’Epfo, SARS (South Africa Revenue Service) giherutse gushyira ahagaragara. Itangazo rya DIRCO kuri aba badipolomate rigira riti: “Aba badipolomate bavugwa bahamwe no gucuruza bitemewe inzoga bakomorerwaho imisoro.” Ibi biro bivuga ko icyemezo cyo gukuriraho abadipolomate imisoro kuri izi nzoga, cyafashwe hashingiwe ku masezerano yasinyiwe i Vienna mu 1961, agenga dipolomasi. Yasobanuye ko ariko aya masezerano avuga ko mu gihe abadipolomate bakoresheje nabi ubu bubasha, igihugu bakoreramo gifite ububasha bwo kubafatira ibyemezo. Ikinyamakuru The Sunday Independent, kivuga ko izi nzoga, abadipolomate barimo ab’ u Rwanda bagiye bagura izo nzoga ku bibuga by’indege no mu yandi mazu azwi nka “Duty Free” bakazigurisha akayabo. Abategetsi ba Afurika y’Epfo babwiye Sunday Independent ko ibi byatumye igihugu cyabo gihomba miliyoni indwi z’amadorali ku kwezi. Abakoze iperereza bavuga ko hari umwe mu badipolomate abatatangaje igihugu akomokamo wungukiye muri ubwo buriganya kuko yungutse miliyoni zigera kuri eshatu mu mezi atatu gusa. SARS yavuzwe haruguru yo ivuga ko hari abadipolomate bari barafunguye amaduka, bakayacururizamo izo nzoga baguze kuri make. Ntivuga niba n’ab’ u Rwanda nabo bari mu bari barashinze amaduka. Ikinyamakuru Sunday Independent cyemeza ko 17 bamaze kugera iwabo. Muri bo ngo harimo umukobwa w’uwahoze ari Prezida wa Malawi, Bingu Wa Mutharika. Iki kinyamakuru kivuga ko biteganyijwe ko abadiplomate ba Guinea, u Rwanda n’ u Burundi bahawe isinde, bagomba kujya mu bihugu byabo bitarenze mu cyumweru gitaha. U Burundi na Malawi bamaze kugira icyo bavuga ku iyirukanwa ry’abadipolomate babo mu gihe u Rwanda rwo ntacyo ruragira icyo rubitangazaho. BWIZA kuwa 15 Kamena yari yatangarije abakunzi bayo ko abadipolomate b’ u Rwanda bashobora kwrukanwa cyane ko aba Lesotho na Malawi bari bamaze kwirukanwa kandi bashinjwa amakosa amwe. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
XMA Header Image
Abasaza babanyapolitike ni babi mubirinde -Asouman avuze amagambo akomeye ku gihano Sankara yasabiwe
youtube.com



2 Responses
Abadipolomate b’ u Rwanda birukanwe muri Afurika y’Epfo
Abo bantu bazahanwe ivyo cyaha nikibahama baradusebeje
Abadipolomate b’ u Rwanda birukanwe muri Afurika y’Epfo
Abo bantu bazahanwe ivyo cyaha nikibahama baradusebeje