USA: Uwari wakatiwe gufungwa imyaka 70 yongerewe igihano nyuma yo gutuka umucamanza

Sangiza iyi nkuru

Umusore wari wakatiwe igifungo kirekire muri gereza azira ubujura yongerewe imyaka y’igifungo nyuma yo gutuka umucamanza nk’uko inyandiko zo mu rukiko rwo muri Indiana ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zibigaragaza.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu musore w’imyaka 25 witwa Steven Burns yatawe muri yombi ashinjwa ubugizi bwa nabi mu kwiba kandi akoresheje imbunda.

Nk’uko inyandiko z’urukiko zivuga, ngo Burns na bagenzi be babiri bahohoteye ndetse baniba abantu bari basanze mu rugo. Aba uko ari batatu bateye ubwoba ba nyir’urugo mbere yo gukubita umugabo imbunda mu mutwe.

Nyuma y’ibi abajura barahunze bagenda batwaye amafaranga, amakarita yo kubikuza n’ibindi bintu by’agaciro, nyuma y’amasaha macye aba bagizi ba nabi baza gutabwa muri yombi n’igipolisi. Abafashwe akaba ari Burns, umuvandimwe we w’imyaka 23 witwa Joseph Burns na Adam Smith w’imyaka 27.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kuri uyu wa Kabiri w’iki cyumweru dusoza, nyuma y’aho urukiko rukatiye Steven Burns gufungwa imyaka 70, yahise atuka umucamanza Steven Meyer amwita ikigwari cy’indaya. Amaze gutukana, yahise yongerwa ku gifungo yari yahawe indi minsi 180.

Src: Crazynews

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *