Abantu 120 bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Simba Ngezayo

Sangiza iyi nkuru

Abantu 120 ni bo bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Simba Ngezayo wari umushoramari ukomeye mu mujyi wa Goma uri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC).

Umwavoka w’umuryango wa Simba wemereje itangazamakuru aya makuru, yavuze ko aba batawe muri yombi kuva mu Gushyingo 2020 ubwo nyakwigendera yari amaze kwicwa arashwe.

Abatawe muri yombi barimo: bane bakekwaho kumwica, abari bafitanye na Ngezayo ibibazo by’amakimbirane ashingiye ku butaka, abafitanye isano n’abakekwaho kumwica (abagore, abandimwe na babyara babo) ndetse n’abandi bigeze kugirana ibibazo na Ngezayo.

Simba Ngezayo yarashwe n’abagizi ba nabi bari kuri moto tariki ya 3 Ugushyingo 2020, ubwo yari avuye kujyana umwana we ku ishuri, barangije baracika.

Icyo gihe yihutishirijwe ku bitaro bya Heal Africa biri muri Goma, ariko nyuma y’iminota 30 arapfa.

Tariki ya 4 Ugushyingo 2020, Polisi ya RDC yatangaje ko yaraye itaye muri yombi abakekwaho kwica Ngezayo barimo uwitwa Mutabazi, Eric n’umumotari witwa Abdoul. Bafatanwe imbunda ebyiri za Ak-47.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *