Uwanga kujya mu kato, akanduza abandi Covid-19, azafungwa imyaka igera kuri itatu

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’u Rwanda iraburira abandura Covid-19 bakomeje kuva mu kato bakajya mu ruhame, ko uzongera gufatwa bikagaragara ko yanduje abandi, ashobora kuzahanishwa ibihano bikomeye.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’uru rwego, CP John Bosco Kabera nyuma y’aho abapolisi bari bamaze gufatira muri resitora iherereye mu Karere ka Kicukiro umukobwa wamenyeshejwe ko yanduye Covid-19, ari gusangira n’undi utaranduye.

Polisi yasobanuye ko uyu mukobwa yagiye kwipimisha, abaganga bamubwira ko yanduye Covid-19, bamugira inama yo kujya mu kato, banahamagara abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima kugira ngo bamujyane mu kigo nderabuzima cya Kanyinya cyakira abanduye, aratoroka.

CP Kabera yabwiye Radio Ijwi rya Amerika ati: “Kurenga kuri ayo mabwiriza byagukururira ibibazo kubera yuko uramutse wanduje abantu bikagaragara yuko wabanduje kandi wari uzi ko bagusanzemo iyi ndwara, urumva biba bigiye mu bihano bikomeye ku buryo byagukururira ibibazo.”

Ku kijyanye n’igihano giteganyirijwe uwanduje abandi nyuma yo kwanga kujya mu kato, Dr Murangira Thierry uvugira urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) yasobanuye ati: “Nk’umuntu uba uzi ko yanduye indwara runaka ishobora no kwanduza abandi, icyo asabwa ni uko aba agomba kwirinda. Mu gihe rero atirinze agakomeza kuyikwirakwiza mu bandi, yahanwa n’ingingo y’117, itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.”

Iyi ngingo ivuga ko “umuntu wese abishaka wanduza undi indwara ishobora gutera ubumuga aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300,000 Frw) ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500,000 Frw).”

Rikomeza rivuga ko “Iyo indwara yandujwe ari indwara idakira, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze ibihumbi magana atanu (500,000 Frw) ariko atarenze miliyoni imwe (1,000,000 Frw).”

Dr Murangira yakomeje ati: “Mu by’ukuri iyo wahawe resultat igaragaza ko ufite ubwo bwandu runaka, ari ubwa Covid-19 ari n’ubundi bwandu, uba ugomba kwirinda kuba wakwanduza abandi. Igihe rero bigaragaye ko warenzeho kuri aya mabwiriza, ukagenda ukanduza abandi, iri tegeko riba rikureba.”

Izi nzego ziburiye abarenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 mu gihe imibare y’abandura iki cyorezo mu gihugu ikomeje kwiyongera bitewe n’impamvu zirimo kuba abenshi baradohotse nk’uko Polisi n’abandi bayobozi bakuru bagiye babitangaza.

Kugeza ejo ku wa 27 Kamena 2021, umubare w’abamaze kwandura mu Rwanda wageze ku 36,627, abamaze gukira ni 27,090, naho abapfuye ni 420. Abanduye bashya ni 741, abakize bashya ni 113, abarembye ni 26 naho abapfuye ni 9.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *