fb_img_1624968287640.jpg

Eddy Kenzo mu rukundo n’umukobwa w’umuherwe ukorera mu Rwanda (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Edrisah Musuuza uzwi nka Eddy Kenzo ari mu rukundo n’umukobwa w’umuherwe, Said Salim Bakhresa, uri mu bakorera mu Rwanda ubucuruzi butandukanye.

Kenzo yari aherutse kumwerekana gusa rubanda isigara yibaza uwo mukobwa uwo ari we. Byaje kumenyekana ko ari uwa Bhakresa uzwiho kuzana amafarini mu Rwanda, gukorana na FERWAFA n’ibindi.

fb_img_1624968287640.jpg

Amakuru ahari ni uko uyu mukobwa yitwa Bella Myra Bakhresa akaba afite imyaka 26 akaba ari Umunya-Tanzania.

208517641_2581339488838895_6646584780122836454_n.jpg

Uyu mukobwa yakunze kuba mu bihugu birimo: U Budage, U Busiwisi na Amerika. Yize ibyo kuvura cyane kubaga ndetse amaze imyaka ibiri asoje amasomo muri Kaminuza ya John Hopkins muri Amerika.

fb_img_1624971966211.jpg

Muri iyi minsi, ari mu biruhuko aho akenshi ajya guhura na Eddy Kenzo.

fb_img_1624971962058.jpg

Said Salim Bakhresa ni umuherwe wo muri Tanzania , washinze akanayobora Bhakresa Group irimo Ikipe ya Azam, Azam Media, Azama Bverages, Azam Grain Miller’s n’ibindi.

azam-pic.jpg
Umuherwe, Said Salim Bakhresa

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *