Abaperezida b’ibihugu bigera kuri bine byo muri Afurika kuri uyu wa gatanu, itariki ya 02 Nyakanga bahuriye i Lusaka muri Zambia aho bitabiriye imihango yo gusezera bwa nyuma umukambwe Kenneth Kauunda uherutse kwitaba Imana ku myaka 97 y’amavuko.
Abo bakuru b’ibihugu barimo uwa Ghana, Kenya, Afurika y’Epfo na Zimbabwe.

Nyakwigendera kenneth kaunda yibukirwaho kuba yarayoboye Zambia ku bwigenge babwaka u Bwongereza mu 1964, ndetse no kuba yarashyigikiye muvoma z’abanyagihugu zagiye ziharanira ubutegetsi bwa rubanda nyamwinshi mu bihugu nka Angola, Mozambique, Namibia, Afurika y’Epfo na Zimbabwe.

Nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, AP, ikomeza ivuga, Perezida Edgar Lungu wa Zambia niwe wayoboye imihango yo gusezera kuri Kaunda yabereye kuri Stade yitiriwe Intwari, aho imodoka yazanye umurambo mu isanduka itwikirijwe ibendera ry’igihugu yaje irinzwe n’abasirikare.

Mu rwego rwo gukomeza kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, abitabiriye uyu muhango bose bambaye udupfukamunwa ndetse bicaye bahanye intera kugirango iyi stade ijyamo abantu 60,000 ituzura.
Iki gihugu gituwe na miliyoni 18 z’abaturage kikaba ari kimwe mu byibasiwe n’iki cyorezo kuko abantu 157,832 bamaze kucyandura ndetse cyahitanye abagera ku 2,271 muri bo.

Kuva Kaunda yapfa ku itariki 17 Kamena azize umusonga, igisirikare cya Zambia kikaba cyarakomeje kuzengurutsa umurambo we mu ntara 10 zigize igihugu kugira ngo abazituye bakomeze gusezera umugabo ufatwa nk’umubyeyi w’igihugu.

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na mugenzi we wa Zimbabwe, Emerson Mnagagwa, kuri uyu wa gatanu banashyize umukono mu gitabo cyo kwihanganisha igihugu kubwo kubura umubyeyi wacyo.

Biteganyijwe ko Kaunda azashyingurwa ku itariki 07 Nyakanga 2021.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]



2 Responses
Abakuru b’ibihugu 4 bya Afurika bahuriye muri Zambia mu gusezera Kenneth Kaunda
Mbanje kubasuhuza cane,kuvyumubano w’urwanda n’uburundi vyatunejereje cane kuko abanegihugu kumpande zose bafatwa nabi byumwihariko abanyarwanda hangiritse ibimtu byinshi
Abakuru b’ibihugu 4 bya Afurika bahuriye muri Zambia mu gusezera Kenneth Kaunda
Mbanje kubasuhuza cane,kuvyumubano w’urwanda n’uburundi vyatunejereje cane kuko abanegihugu kumpande zose bafatwa nabi byumwihariko abanyarwanda hangiritse ibimtu byinshi