Igipolisi cya Uganda kiravuga ko cyageze ku makuru akomeye mu iperereza ryacyo ku gitero giherutse kugabwa kuri minisitiri w’imirimo n’ubwikorezi wa Uganda, Gen. Katumba Wamala, kigahitana umukobwa we n’umushoferi, aho kuri ubu bivugwa ko imwe mu mbunda zakoreshejwe icyo gihe yafashwe yanakoreshejwe mu gitero cyahitanye AIGP Angrew Kaweesi wahoze ari umuvugizi w’igipolisi mu 2017.
Abagabo bane bari kuri moto ebyiri nibo mu kwezi gushize bateze Gen Katumba, wigeze kuba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, bamurasaho rufaya rw’amasasu ahitana umukobwa we Brenda Nantongo n’umushoferi we, Haruna Kayondo.
Maj. Gen. Paul Lokech, Umukuru w’igipolisi wungirije aherutse gutangaza ko hafashwe abantu ba nyabo bagize uruhare muri iki gitero, umwe muri bo akaba yarishwe nyuma yo kugerageza kurwanya abashinzwe umutekano, ndetse ngo babahaye amakuru atangaje.
Iki gikorwa nk’uko tubikesha Daily Monitor cyanatumye hafatwa imbunda yakoreshejwe muri icyo gitero aho abahanga mu bijyanye no gushakisha intwaro zakoreshejwe icyaha bavuga ko ari nayo mbunda yakoreshejwe mu kwica uwahoze ari umuvugizi w’igipolisi, Andrew Felix Kaweesi ndetse na Major Muhammed Kiggundu.
Ubwo zatangazaga itabwa muri yombi ry’abagize uruhare mu gitero kuri Gen Katumba n’urupfu rw’umwe muri bo kuwa Kane ushize, inzego z’umutekano zavuze ko aba ari bamwe mu bagize udushamitw’ibanga tw’umutwe w’iterabwoba wa ADF ufite icyicaro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Igisirikare cya Uganda cyari cyaratangaje ko cyaciye intege ADF ubwo cyayigabagaho ibitero by’indege mu myaka mike ishize mu burasirazuba bwa Congo, ariko amakuru y’ubutasi ahari agaragaza ko uyu mutwe urimo kongera kwisuganya noneho uza nk’ishami rya Islaimic State muri Afurika yo hagati n’uburasirazuba.
Amakuru atangaje amaze kumenyekana
Polisi yavuze ko abantu batawe muri yombi ari Kamada Walusimbi, alias Mudinka, Hussein Wahab Lubwama alias Master, Siriman Kisambira, alias Mukwasi, Mustafa Kawawa Ramadan, alias Amin, alias Musa, Muhammad Kagugube, alias Bafumoya.
Maj Gen Lokech yabwiye itangazamakuru kuwa kane ushize ko uyu witwa Lubwama n’undi ukekwa utarafatwa ariko bahimba Kanaabe, ari nawe warashe Gen Katumba, akica umukobwa we n’umushoferi ku itariki ya 01 Kamena 2021. Lubwama kandi bivugwa ko ari we wari uyoboye aka gatsiko, ni nawe waje gupfa nyuma azize ibikomere nyuma yo kuraswa ashaka kwambura umupolisi imbunda.
Amakuru yavuye mu iperereza kandi avuga ko uyu Lubwama yagenzurwaga na Sheikh Abudin Hubaida Taheel Bukenya, wahoze ari umurwanyi wa ADF, akaza kurekurwa ahawe imbabazi.
Maj. Gen. Lokech avuga ko Lubwama ari we watanze ibikoresho nk’imbunda, moto, telephone n’ubundi buryo bwakoreshejwe mu kugaba igitero kuri Gen Katumba.
Lubwama avugwaho kuba ari we washinze Muhammad Kagugube gukurikirana urujya n’uruza rwa Gen Katumba kuva iwe mu rugo akaba ari we wamenyesheje bagenzi be ko imodoka ya Katumba ihagurutse mu rugo, igafata umuhanda wa Kisota, uhuza Kisaasi na Kyanja ndetse n’imihanda ya Bukoto-Kisaasi.
Abicanyi bari biteguye bari kuri moto ebyiri bahagurukiye ahantu hatandukanye, bamwe, utwaye moto n’uwo yari atwaye bahagurukira ku ruhande rw’urusengero rwa Bahai, abandi bahagurukira ku ruhande rwa Bukoto nk’uko amashusho yafashwe na za camera zo ku mihanda abigaragaza.
Walusimbi, wari utwaye moto n’umurashi Kanaabe yari atwaye, bahagurutse saa moya z’igitondo. Irindi tsinda riyobowe na Lubwama n’uwari umutwaye witwa Kawawa nabo binjiye mu muhanda.
Aya matsinda yombi yagaragaye kuri camera saa mbiri n’igice z’igitondo agera ahabereye ubwicanyi. Lubwama agaragara mu bice byegereye urusengero rwa Bahai, mu gihe Kanaabe yagaragaye mu bice bya Bukoto. Bose bari batwawe kuri moto.
Abashinzwe iperereza bavuga ko Kagugube yamenyeshaga aho imodoka ya Gen Katumba yabaga igeze. Abafasshwe bakaba baravuze ko bemeranyije kumurasira ku muhanda wa Kisota.
Aho kurasira kwabereye, Kannabe yafashe uruhande rw’ibumoso rw’imodoka ya Gen. Katumba, mu gihe Lubwama yafashe uruhande rw’iburyo.
Ubwo Kanaabe na Lubwama batangiye kurasira mu mpande zombi, aho bivugwa ko Kanaabe ari we warashe umukobwa wa Katumba n’umushoferi. Abarasaga ngo bakaba barahise bava aho bihuta nyuma yo gusubizwa amasasu n’umurinzi wa Katumba, Khalid Koboyoit.
Mu ntambwe nkeya uvuye aho, Lubwama yagaragaye kuri camera afite imbunda yahishe mu gitambaro, akongera kugaragara ku muhanda wo hejuru ahindukira muri Bukoto ahereza iyo mbunda undi muntu.
Walusimbi akaba yarabwiye abashinzwe iperereza nyuma yo gufatwa ko yasubiye Bukoto hafi ya station ya lisansi ya Oryx aho bahaye imbunda bakoresheje Kagugube.
Kagugube akaba yarabwiye polisi ko imbunda yayihishe mu makoma y’ibitoki akayishyira mu ikarito ya televiziyo yari irimo ubusa ikajyanwa ku witwa Siriman Kisambira, mu mudugudu wa Kawanda aho polisi yayisanze.
Iyo mbunda yafashwe ni nayo yahujwe n’iraswa rya Maj. Kiggundu, Kaweesi ndetse n’ubujura butandukanye.
Maj Gen Lokech yavuze ko abandi bantu babiri bakekwa, Ismael Hussein Sserubula na Siraji Yusuf Nyanzi, bo banagaragaye mu rukiko mu minsi ishize bashinjwa kwica Nantongo na Kayondo no kugerageza kwica Gen. Katumba, na bo bagize uruhare uruhare muri uyu mugambi.
Yavuze ko aba babonanye kandi bagiye bavugana n’aba bantu batawe muri yombi vuba. Hagati aho haracyashakishwa Kanaabe na Sheikh Bukenya bivugwa ko ari we ukuriye ishami rya ADF muri Kampala.
Iperereza rya polisi kandi rivuga ko aba bantu bakekwa bagiye bakora ingendo muri RDC, Mozambique, Kenya na Tanzania.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


