Umuyobozi wa Gereza ya Muramvya, Télésphore Manirambona yatawe muri yombi ku itariki 28 Kamena nyuma yo guhatwa ibibazo igihe gito n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubutasi, SNR, aho akekwaho kugira uruhare mu gitero giherutse guhitana abantu 18 ahitwa Rutegama muri week-end ishize. Uyu kuri ubu bivugwa ko afungiwe muri kasho ya SNR i Bujumbura.
Nk’uko amakuru agera kuri SOS Medias Burundi dukesha iyi nkuru avuga, ngo imbunda y’uyu mukozi wa leta yaba yarafashwe mu ntwaro zakoreshejwe icyaha. Umwe mu bantu begereye iyi dosiye avuga ko uyu afungiye ku cyicaro gikuru cy’urwego rw’iperereza.
Kugeza ubu, buryo ki uyu muyobozi yaba yarabuze imbunda ye yo mu bwoko bwa Kalachnikov nuko yafashwe n’uru rwego rushinzwe iperereza ngo ntabwo birasobanuka.
Kuva ku Cyumweru gishize, byibuze abantu 13 barimo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagera kuri 12 biganjemo abo mu ishyaka rya CNL batawe muri yombi bakekwaho uruhare muri iki gitero cyo muri Rutegama cyibasiye imodoka zitwaye abagenzi.
Uheruka gutabwa muri yombi ni uwitwa Fiacre Niyonkindi, ukuriye CNL muri Rutegama.
Guverinoma y’u Burundi ntiyigeze yemeza ku mugaragaro umubare w’abiciwe muri iki gitero, ariko kuwa gatatu ushize mu ibanga rikomeye abagera kuri 14 bashyinguwe I Muramvya.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


