Abantu batari munsi ya 13 bapfuye nyuma yuko ku wa Gatandatu mu ijoro, imodoka y’ikamyo itwaye esansi ibirindutse igashya mu burengerazuba bwa Kenya. Amakuru avuga ko iyo kamyo yakoze impanuka ubwo umushoferi wayo yageragezaga kwirinda kugongana n’indi kamyo mu muhanda ugendwa cyane hagati ya Kisumu na Busia. Abantu bihutiye kugera ahabereye impanuka bitwaje amajerikani ngo bavome ku bitoro kuri iyo kamyo yari yabirindutse ubwo yaturikaga. BBC ivuga ko abantu bagera kuri 11, barimo n’abana, barembeye mu bitaro nyuma yo kugira ubushye bukomeye. Ikinyamakuru The Standard Digital kuri Twitter cyavuze ko abapfuye ari abantu 13. Byafashe amasaha abiri kugira ngo abazimya umuriro bagere aho iyo mpanuka yabereye, hafi y’umujyi wa Malanga wo mu karere ka Siaya – ku ntera ya kilometero hafi 315 mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umurwa mukuru Nairobi. Moreso Chacha, umukuru wa polisi aho impanuka yabereye, yagize ati: “Ntabwo twashoboye kubona imodoka izimya umuriro ivuye mu karere ka Siaya kuko iri i Nairobi”. Yavuze ko abazimya umuriro bavuye mu karere baturanye bakaza kubafasha. Ikamyo itwaye amata yari irimo iva mu mujyi wa Busia, hafi y’umupaka na Uganda, yerekeza mu mujyi wa Kisumu, ubwo yagonganaga n’ikamyo itwaye ibitoro yajyaga mu kindi cyerekezo, nkuko umukuru wa polisi yabisobanuye. Abantu hafi 3,000 bapfa buri mwaka muri Kenya bishwe n’impanuka zo mu mihanda.


