Umukobwa wa Rusesabagina mu mvugo ikakaye ku kuba telefoni ye yaba yarinjiriwe n’u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Umukobwa wa Paul Rusesabagina, Carine Kanimba, avuga ko ari nk’igitutsi, bibi bihagije, gukora mu gikomere, nyuma y’aho hari amakuru yagiye hanze ko na we yakoreshejweho ‘software’ ya Pegasus mu gukora ubutasi kubera umuhate we mu gushaka uko Se, Paul Rusesabagina ufungiwe mu Rwanda yarekurwa.

Uyu mukobwa ari imbere mu bahirimbanira ko Se arekurwa, telephone ye iri mu rutonde rw’izikurikiranwa hifashishijwe Pegasus, u Rwanda rukaba rutungwa agatoki kuba ari rwo rwabikoze gusa rukaba ruhakana gukoresha Pegasus.

Ikigo Organized Crime and Corruption Reporting Project (OCCRP) kivuga ko mu gihe kigera ku mezi atandatu kugera tariki 03 z’uku kwezi kwa karindwi, telephone ya Kanimba yarimo Pegasus.

U Rwanda ruhakana gukoresha Pegasus, cyangwa kuyikoresha mu kuneka telephone ya Carine Kanimba. Perezida Paul Kagame we ubwe yavuze ko badakoresha ubu buryo kuko buhenze.

Mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wa Hotel Rwanda Rusesabagina Foundation, Carine Kanimba avuga ko ibyakorewe se Rusesabagina byo “kumwambura uburenganzira bwe” byari “bibi bihagije”.

Yakomeje ngo “None ubu twamenye ko banumvise ibiganiro byanjye na minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika, ikiganiro na minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ububiligi Sophie Wilmes n’abanyamategeko bacu. Ibi byongera igitutsi ku gikomere.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta avuga ko u Rwanda rudakoresha kandi rutagera kuri Pegasus, nk’uko OCCRP ibivuga.

BBC ivuga ko Biruta yahakanye kuneka telephone ya Carine Kanimba no kwibasira impirimbanyi, abanyamakuru, abanyamategeko, abanyapolitiki n’abandi, avuga ko ari “ibirego by’ibinyoma”.

OCCRP ivuga ko yafashijwe na ‘Security Lab’ ya Amnesty International gukora icukumbura ikabona ko telephone ya Kanimba yabashijwe kwinjizwamo neza Pegasus inshuro nyinshi.

Iyo Pegasus igeze muri telephone, iha ububasha busesuye uwayishyizemo nko gusoma ubutumwa, kubona amagambo y’ibanga (passwords), kujya ku mbuga nkoranyambaga, kumva ibiganiro kuri telephone, no kubifata (record).

‘Applications’ zo kohererezanya ubutumwa hagati y’umuntu n’undi zikoreshwa cyane nka WhatsApp na Signal, nazo iyo Pegasus yageze muri telephone ibasha kuzigenzura.

Ikigo cya Israel NSO Group cyakoze Pegasus kivuga ko cyayigurishije kuri za leta ngo zikurikirane abanyabyaha n’abakora iterabwoba kandi ko yakijije ubuzima bw’abantu benshi.


Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

XMA Header Image
Leta nifate ibiryo ishyire ku mazu y’abaturage bazubahiriza ingamba!! Bishop yirukanye abapasiteri
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *