Umushumba wa Arkidiyosezi ya Kigali, Cardinal Antoine Kambanda, ari mu bitabiriye imihango yo gusezera bwa nyuma yo gushyingura Cardinal Laurent Monsengwo wabaye umushumba wa Diyosezi ya Kinshasa.
Ku wa Gatatu tariki ya 21 Nyakanga ni bwo Cardinal Monsengwo yashyinguwe, mu muhango wabereye kuri Cathédrale ya Notre Dame du Congo i Kinshasa.
Ni umuhango wabereye mu muhezo, witabirwa n’abarimo Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denis Sassou Nguesso wa Congo Brazzaville cyo kimwe na Gentiny Ngobila usanzwe ari Guverineri w’intara ya Kinshasa.
Uyu muhango kandi witabiriwe n’aba Cardinal batandukanye barimo Antoine Kambanda, cyo kimwe n’abagize umuryango wa Nyakwigendera.
Umuhango wo gushyingura Laurent Monsengwo wabimburiwe na Misa yo kumusabira yasomwe na Cardinal Philippe OuĂ©draogo, Umushumba wa Arikidiyosezi ya Ouagadougou (muri Burkina Faso) unakuriye inama y’abepiskopi ku mugabane wa Afurika.
Cardinal Kambanda abinyujije kuri Twitter ye, yavuze ko imihango yo guherekeza nyakwigendera Cardinal Monsengwo yagenze neza, ashimangira ko “yari umushumba w’umuhanga ukomeye muri Kiliziya.”
Cardinal Kambanda kandi yashimiye Ambasaderi w’u Rwanda muri RDC, Vincent Karega, wamwakiriye neza i Kinshasa, avuga ko “abanye neza na Kiliziya” muri uriya murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ku Cyumweru Tariki ya 11 Nyakanga ni bwo Cardinal Laurent Monsengwo yitabye Imana aguye mu bitaro by’i Versailles mu Bufaransa yari amaze iminsi arwariyemo.
Mu 2010 nibwo yari yaragizwe Cardinal na Papa Benedict XVI.
Uretse kuba yari uwihaye Imana ukomeye, yari azwi kandi nk’impirimbanyi y’amahoro, ibiganiro n’uburenganzira bwa muntu.
Mu 2011 yanyuranyije n’uwari Perezida wa RDC, Joseph Kabila, ubwo yavugaga ko amatora yari yabaye “atarimo ukuri cyangwa ubutabera”.
Monsengwo yize iyobokamana n’amasomo yimbitse ya Bibiliya i Roma n’i Yeruzalemu, mbere yo kugaruka muri Afurika mu butumwa.
Yagizwe umupadiri mu 1963 na Musenyeri mu 1980. Mu 1981 yagizwe Arkiyepiskopi wa Kisangani, mu 2007 agirwa Arkiyepiskopi wa Kinshasa.
Monsengwo ntiyacecetse ku byo yabonaga bitagenda ku butegetsi bwa Mobutu Sese Seko, Laurent-Désiré Kabila cyangwa Joseph Kabila.


