Abarimo Abafaransa bagerageje kwivugana Perezida Andry Rajoelina

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha bwa Leta ya Madagascar, bwatangaje ko hari abagabo babiri b’Abafaransa bafungiye muri kiriya gihugu bashinjwa kugerageza “guhungabanya umutekano wa Leta” ya Madagascar.

Aba Bafaransa batawe muri yombi ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 20 Nyakanga, bakaba bafunganwe n’abagore babo.

Aba barimo uwitwa Paul Rafanoharana ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa n’ubwa Madagascar cyo kimwe na Philippe François ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa.

Umushinjacyaha Mukuru mu rukiko rw’ubujurire rwa Madagascar yatangaje ko iperereza ryerekanye ko bariya bagabo babiri bagerageje “kwica abayobozi bakuru b’igihugu” barimo na Perezida Andry Rajoelina.

Nta byinshi uyu mushinjacyaha yigeze atangaza ku bijyanye n’itabwa muri yombi rya bariya bagabo ndetse n’aho gahunda yo kubashyikiriza ubutabera igeze.

RFI ivuga ko Philippe François na Paul Rafanoharana bombi bahoze ari abanyeshuri mu Ishuri rya Gisirikare rya Saint Cyr ryo mu Bufaransa.

Iyi Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa ivuga ko François yari umuyobozi w’ikigega cy’ishoramari, mu gihe mugenzi we ari umujyanama wa Musenyeri Odon, Arkiyepiskopi wa Antananarivo.

Izina Paul Rafanoharana ryaherukaga guhwihwiswa nka Minisitiri w’intebe w’ahazaza wa Madagascar mu gihe haramuka habaye amavugurura.

RFI ivuga ko Paul Rafanoharana yatawe muri yombi n’abantu babarirwa mu icumi bari bitwaje imbunda, bamufatiye iwe mu rugo ku mugoroba wo ku wa kabiri.

Philippe François we ngo yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Ivato yitegura kwerekeza mu Bufaransa.

Uretse aba Bafaransa, amakuru avuga ko hari abandi bantu bane b’abanya-Madagascar na bo batawe muri yombi bazira kuba mu mugambi wo kwivugana Perezida Rajoelina, nyuma yo kurahirira kuyobora Madagascar muri 2019.

Aba bose batawe muri yombi nyuma y’iperereza ryari rimaze amezi menshi.


Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *