Kompanyi yo muri Israel ikora ikanacuruza ‘software’ (logiciel) ya Pegasus ivugwaho gukoreshwa mu butasi bwo kwinjira muri telefone z’abantu b’inzirakarengane, ivuga ko kuyibishyiraho ari nko “kunenga uruganda rukora imodoka mu gihe umushoferi wasinze ayikoresheje impanuka”. NSO Group irimo kunengwa mu mahanga, nyuma yuko abanyamakuru babonye urutonde ruvugwa ko ruriho abantu bagambiriwe gukorwaho ubutasi, barimo impirimbanyi, abanyapolitiki n’abanyamakuru. Hatangiye amaperereza, mu gihe urwo rutonde ruriho nimero za telefone zigera ku 50,000, ruriho umubare mucye wa zimwe zinjiwemo. Pegasus yinjira telefone zo mu bwoko bwa iPhone na Android, bigatuma abakoresha iyi ‘software’ bagera mu butumwa, amafoto na emails, bagafata amajwi ndetse, mu ibanga, bagafungura indangururamajwi ya telefone na ‘camera’ yayo. Ku wa Gatatu umuvugizi w’iyi kompanyi yagize ati: “Niba ndi uruganda rukora imodoka, ugafata imodoka ukayitwara wasinze ukayigongesha umuntu, ntabwo ujya ku ruganda rwakoze imodoka, ujya ku mushoferi”. “Turimo kohereza ubu buryo [bwa Pegasus] kuri za leta, tubona ibyangobwa byose by’ukuri kandi byose tubikora mu buryo bukurikije amategeko. “Urabizi, niba umukiliya ahisemo gukoresha nabi ubu buryo, ntabwo azongera kuba umukiliya [wacu] ukundi. “Ariko ibirego byose no gutunga urutoki kose bikwiye kujya ku mukiliya”. Iyi kompanyi ivuga ko ubu buryo buhabwa gusa igisirikare, inzego z’umutekano zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko ndetse n’inzego z’ubutasi, zizwiho kubahiriza neza uburenganzira bwa muntu.


