Amakuru atandukanye ava muri Mozambique aravuga ibihugu bya Afurika y’Epfo na Botswana bibarizwa muri SADC nabyo byohereje ingabo zabyo muri iki gihugu nyuma y’aho ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu cyumweru gishize zo zatangiye gucakirana n’inyeshyamba za Al Shabab zigendera ku matwara akakaye ya kisilamu zikomeje guhungabanya umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado.
Bivugwa ko ingabo zidasanzwe za Afurika y’Epfo hataramenyekana umubare zasesekaye ahitwa Pemba kuwa Mbere ushize ndetse n’ingabo za Botswana.
Amakuru aravuga ko ariko izi ngabo za mbere zoherejwe na SADC zitazahita zinjira mu bikorwa byo kurwanya abakora iterabwoba, ahubwo zajyanwe ahanini no gukusanya amakuru, gukora ubutasi no kugira inama igisirikare cya Mozambique no gutegura iyoherezwa ryuzuye ry’ingabo za SADC zizaba zibarirwa mu 3,000 nibimera kwemezwa ko zigomba koherezwa bidasubirwaho. Hagati aho n’itariki zizohererezwa ntiratangazwa.
Ibi bije nyuma y’ibyumweru hafi bibiri u Rwanda, ku busabe bwa Mozambique, rwohereje ingabo zigera ku 1,000 mu Ntara ya Cabo Delgado gufasha kurwanya inyeshyamba zikomeje kwica abaturage muri iyi ntara no kuhagarura amahoro.
Amakuru tangazwa aravuga ko izi ngabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique zatangiye kugaba ibitero kuri aba barwanyi zinakomeza kurinda bimwe mu bice bya Cabo Delgado no gusubiza inyuma abo barwanyi.
Amakuru yatangajwe kuwa Kabiri yavuze ko izi ngabo z’u Rwanda zacakiranye n’abo barwanyi bagakozanyaho ahitwa Mocímboa da Praia bikaba ngombwa ko abarwanyi bahunga berekeza mu bice byegereye umupaka wa Tanzania ndetse abagera kuri 30 bakahasiga ubuzima.


