melania_trump.jpg

Melania Trump ayoboye urutonde rw’abagore b’abaperezida bayoboye USA b’ibizungerezi

Sangiza iyi nkuru

Babaye abagore b’abagabo bakomeye ku Isi, usibye imbaraga, bagiye bagaragaza igikundiro na gukurura abantu igihe cyose bagaragaraga mu ruhame . Aba badamu babaye muri White House, bakora ibikorwa by’ubugiraneza, bagira inshingano zitandukanye, ariko ntibibabuza kugaragara neza igihe cyose bagiye mu ruhame baherekeje abagabo babo bakomeye. Muri iki cyegeranyo turarebera abagore b’uburanga b’abaperezida bayoboye Amerika mu mateka.

Dore uko bakurikirana

1. Melania Trump (2016 – 2021)

melania_trump.jpg

Melania Trump uza ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’abagore ba perezida muri Amerika b’ibizungerezi, ni Umunyamerikakazi ufite inkomoko muri Slovenia wahoze ari umunyamideli mbere yo kuba umugore wa mbere muri Amerika kugeza mu mwaka ushize wa 2021. Uyu mugore wa Perezida Trump yavukiye muri Slovenia atura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bihoraho mu 2001 mbere yo kubona ubwenegihugu mu 2006. Yahuye na Donald Trump mu birori bya Fashion Week muri New York muri Nzeri 1998 ubwo uyu yari akiri umugabo wa Marla Maples baje gutandukana.

Nyuma yo gutangira urukundo mu 2004 aba bombi baje gukora ubukwe ku itariki 22 Mutarama 2005. Nk’umugore wa Perezida wa 45 wa USA, niwe mufasha wa 2 ‘iki gihugu usengera mu idini rya Gaturika inyuma ya Jacqueline Kennedy, kandi niwe wa mbere wabaye umuturage w’iki gihugu ahawe ubwenegihugu abandi bose barahavukiye.

2. Jacqueline Kennedy (1961- 1963)

jacqueline-kennedy_mimosa-sisterhood.png

Jacqueline aza ku mwanya wa kabiri kuri uru rutonde dukesha Wonderslist, akaba yari afite uburanga budasanzwe ndetse n’inseko ikurura benshi. Uyu nawe yari icyamamare mu bijyanye n’imideli n’imyambarire ndetse uko yajyaga yambara n’ubu hari abakimwigana..

3. Frances Cleveland (1893 – 1897)

frances-folsom-cleveland-the-woman-that-popularized-the-term-first-lady.png

Uyu niwe wabaye umugore w’umukuru w’igihugu akiri muto cyane kurusha abandi ku myaka 21 y’amavuko. Si ibyo gusa kandi ngo yari na mwiza cyane noneho byakubitiraho ko yari agifite itoto bikarushaho, aho bivugwa ko umugabo we, Grover Cleveland aha yari yaratomboye. Uyu yari umugore byoroshye gukunda kandi ngo yari yarigaruriye imitima ya benshi mu Banyamerika.

4. Grace Coolidge (1923 – 1929)

grace_coolidge.jpg

Grace Coolidge yabaye ‘First Lady’ kuva mu 1923 kugeza mu 1929. Yashakanye na Calvin Coolidge wabaye Perezida wa 30 wa USA. Uyu yari afite amaso n’inseko bidasanzwe ku buryo n’umuntu wabaga yaramutse nabi yabibonaga akirirwana akanyamuneza. Si ibyo gusa kandi yari afite imyambirire n’imiterere bijyanye n’ubwiza yari afite.

5. Hillary Clinton (1993 – 2001)

hillary_clinton.jpg

Ku mwanya wa gatanu dusangaho Hillary Clinton bivugwa ko ari nawe mugore wa perezida wa Amerika wagize imbaraga kurusha abandi. Uyu yaranzwe no kutagira ubwoba, kutemera ko hari icyamubuza kugera ku nzozi ze nko gucibwa inyuma n’umugabo we, ari ko nanone Hillary akaba yari afite uburanga budasanzwe cyane cyane akiri muto.

Yakoresheje ubunararibonye yakuye mu kuba umufasha w’umukuru w’igihugu akomeza kuzamuka mu bubasha kugeza abaye Senateri ndetse na minisitiri w’ububanyi n’amahanga kugeza ubwo anagerageza guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu ntibimuhire.

6. Nancy Reagan (1981 – 1989)

nancy_reagan-2.jpg

Nancy ni umugore wa Perezida wa 40 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ronald Reagan. Nancy yari umukinnyi w’amafilimi kimwe n’umugabo we mbere y’uko bashyingiranwa. Na nyuma yo kuba umugore wa mbere mu gihugu, urukundo akunda sinema n’amakinamico yakomeje kurugaragaza.

7. Laura Bush (2001 – 2009)

laura_bush.jpg

Laura Bush yashakanye na George W. Bush, perezida wa 43 wa Amerika. Laura Bush nawe ni umwe mu bagore b’abapezida b’iki gihugu bamamaye cyane. Aho yagiye akunda kugaragara mu bikorwa byo kwiyamamaza iruhande rw’umugabo we haba ku mwanya wa guverineri na perezida. Uyu nawe ni umwe mu bagore beza b’abaperezida ba Amerika bamaze kubaho.

8. Rosalynn Carter (1977 – 1981)

rosalynn_carter.jpg

Rosalynn Carter yabaye First Lady kuva mu 1971 kugeza mu 1981. Yashakanye na Jimmy Carter wabaye perezida wa 39 wa Amerika. Uyu azwiho kuba yari wa mugore utarakundaga kuguma mu rugo yicaye kuko yakunze kugira uruhare muri politiki n’imiyoborere mu buyobozi bw’umugabo we. Uyu nawe ari ku rutonde rw’abagore b’uburanga b’abaperezida bayoboye USA.

9. Pat Nixon (1969 – 1974)

pat_nixon.jpg

Pat Nixon ni umugore wa Perezida wa 37 wa Amerika, Richard Nixon. Azwiho kuba yari ashinguye kandi afite amaso meza cyane. Uyu kandi yahaye agaciro imyigire cyane ku buryo ari we mugore wa mbere mu bandi bamubanjirije wabaye first lady afite impamyabumenyi ya kaminuza.

10. Michelle Obama (2008 – 2016)

michelle.jpg

Ku mwanya wa 10 ari nawo wanyuma kuri uyu mwanya turahasanga Michelle Obama, umugore wa Barack Obama, perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2009 kugeza mu 2007. Nta gushidikanya ko ari umwe mu bagore b’uburanga mu mateka y’abagore b’abaperezida bayoboye iki gihugu kandi wakunzwe na benshi mu nzego zitandukanye. Uyu nawe yamenyekanyeho kumenya kurimba no kuberwa n’imiterere yakururaga benshi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *