Nyuma ya APR FC, indi kipe inakinamo Umunyarwanda na yo yikuye muri CECAFA

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Tusker FC yo mu gihugu cya Kenya yikuye mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup riteganyijwe kubera muri Tanzania, mbere y’amasaha make ngo iri rushanwa ritangire.

Tusker FC isanzwe ikinamo Umunyarwanda Mvuyekure Emery yavuze ko yikuye muri ririya rushanwa mu rwego rwo gushyira ingufu mu mikino ya shampiyona ya Kenya itararangira.

Iyi kipe yikuye muri CECAFA ya 2021 nyuma ya APR FC ya hano mu Rwanda yanze kuyitabira kubera icyorezo cya COVID-19.

Kwivana muri ririya rushanwa kwa Tusker byatumye habaho impinduka mu matsinda yaryo, asigara ari abiri aho kuba atatu nk’uko byari bimeze.

Itsinda rya mbere ryahise rishyirwamo Young Africans yo muri Tanzania, Big Bullets (Malawi), Express (Uganda) na Atlabara yo muri Sudani y’Epfo.

Iri tsinda rizakinira imikino yaryo kuri Stade yitiriwe Benjamin Mkapa i Dar es Salaam.

Itsinda rya kabiri ririmo Azam FC yo muri Tanzania, KCCA yo muri Uganda inafite igikombe cy’irushanwa riheruka, Messager Ngozi y’i Burundi na KMKM yo muri Zanzibar.

Umukino ufungura CECAFA uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 01 Kanama hagati y’ikipe ya Express FC yo muri Uganda na Atlabara yo muri Sudani y’Epfo.

Uyu mukino uzakurikirwa n’uzahuza Young Africans na Big Bullets guhera saa kumi n’imwe z’i Kigali.



Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *