Ikipe ya Yanga Africans yo muri Tanzania yafashe umwanzuro wo gutandukana n’abakinnyi barindwi b’abanyamahanga mu icumi yari ifite, nyuma yo kunanirwa kuyifasha kubona umusaruro yari yiteze mu mwaka ushize w’imikino.
Abakinnyi iyi kipe yabaye iya kabiri muri shampiyona yarekuye barimo Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, uheruka gukorerwa ibirori byo kumusezeraho.
Aba bakinnyi kandi barimo Umunya-Ghana, Michael Sarpong wahoze akinira Rayon Sports, umunya-Ghana Lamine Moro wari Kapiteni wayo, Umurundi Saidi Ntibazonkiza n’abandi.
Yanga Africans kandi bavuga ko mu bakinnyi b’abanyamahanga yari ifite izasigarana batatu barimo; Mukoko Serge Tunombe na Tuisila Kisinda bakomoka muri RDC cyo kimwe na Yacouba Songne.
Muri rusange abakinnyi barindwi basezerewe na Yanga ni:
1. Farouk Shikhalo (Kenya)
2. Lamine Moro (Ghana)
3. Carlos Carlinhos (Angola)
4. Haruna Niyonzima (Rwanda)
5. Saidi Ntibazonkiza (Burundi)
6. Fiston Abdul Razak (Burundi)
7. Michael Sarpong (Ghana)


