2ade4e273267c1aa47c49d61e99032b6.jpg

Ibihugu byo muri Afurika bishaka indege zigezweho z’indwanyi za Sukhoi Su-57

Sangiza iyi nkuru

Alexander Mikheyev, Umuyobozi w’Ikigo, Rosoboronexport cya Leta y’u Burusiya, ari nacyo rukumbi muri iki gihugu gifite uburenganzira bwo gucuruza intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare hanze yacyo, yatangaje ko barimo kwiga ku busabe bwo kugurisha indege z’indwanyi zigezweho zo mu gisekuru cya gatanu, zo mu bwoko bwa Sukhoi Su-57E, ibihugu bitanu byo muri Aziya, Afurika no mu Burayi.

Alexander Mikheyev avuga ko ubu bwoko bw’indege z’indwanyi zo mu bwoko bwa Su-57 zashishikaje ibihugu bitandukanye byifuza kuzibikaho.

Izi ndege zakozwe n’uruganda rwa Sukhoi muri gahunda ya PAK-FA (Perspektivny Aviatsionny Kompleks Frontovoy Aviatsii) zagurutse bwa mbere ku itariki ya 29 Mutarama 2010.

2ade4e273267c1aa47c49d61e99032b6.jpg

Ni indege zitwarwa n’umupilote umwe, zifite moteri ebyiri, kandi zifite ikoranabuhanga rituma zidapfa kugaragara kuri za radari nk’uko tubikesha Africanmilitaryblog.

U Burusiya bukaba bumaze igihe bushaka kwagura isoko ryabwo mu mahanga bushaka abakiriya b’izi ndege zabwo ziheruka zo mu gisekuru cya gatanu (fifth generation) nka Su-57, ndetse n’izindi zavuguruwe za MiG-29 na Su-27. Muri Afurika ibihugu bikeneye izi ndege ni Misiri, Angola, na Algeria.

191939123_0_214_2991_1833_1200x0_80_0_1_220934ae536ced4850eb21bc0149544e.jpg
Indege z’indwanyi zo mu bwoko bwa MiG-29

Amasezerano azavuga ko Algeria izagura indege z’indwanyi 16 za Su-30MKA na 14 za MiG-29M / M2 mu Burusiya mu masezerano afite agaciro ka miliyari 2 z’amadolari havuyemo intwaro n’amahugurwa. MiG-29M nibwo bwoko bwavuguruwe bwa MIG-29 kandi zinakoreshwa n’igisirikare cyo mu kirere cya Misiri.

Muri 2019, amakuru ataremezwa neza avuga ko Algeria yiteguye kugura indege 14 zo mu bwoko bushya bwa Su-57 .

Ku rundi ruhande Misiri na yo yamaze kwakira indege zose z’intambara zo mu bwoko bwa MiG-29M/M2 yari yaraguze mu Burusiya ndetse yatangiye kwakira izindi zo mu bwoko bwa Su-35 mu 2020 zaguzwe mu maserzerano yo mu 2018/2019, umubare waguzwe ukazaba watanzwe wose mu 2023.

Angola na yo iherutse kurangiza kugezwaho indege zo mu bwoko bwa Su-30K yatumije mu Ukwakira 2013 nyuma yo kuvugururwa zikongerwamo ikoranabuhanga n’ikigo cyo muri Belarus ku bufatanye na Rosoboronexport cyo mu Burusiya.

Ibi bihugu byose uko ari bitatu biri mu bihugu 10 bya mbere bifite igisirikare cyo mu kirere gikomeye muri Afurika, ndetse Algeria na Misiri nibyo bya mbere mu gihe Angola iza ku mwanya wa gatandatu.

Indege z’intambara z’Abanyamerika zo mu bwoko bwa F-22 Raptor nizo zafatwaga nk’indege z’indwanyi ziteye imbere mu ntambara yo mu kirere ariko aho Su-57 ziziye ubu biragoye kwemeza izikaze kurusha izindi, kuko aho zahurira icyaba gikenewe kurusha ibindi ari ubuhanga bwihariye z’abazikoresha.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *