Huye: Umugabo w’imyaka 38 akurikiranweho gushaka kwica umugore we

Sangiza iyi nkuru

Umugabo w’imyaka 38 ukekwaho kuba yarashatse kwica umugore babanaga w’imyaka 39 y’amavuko amutemesheje isuka mu mutwe biturutse ku makimbirane yo mu rugo akurikiranwe n’ubushinjacyaha.

Icyaha akurikiranweho cyakozwe mu ijoro ryo ku wa 22 Nyakanga 2021 mu Mudugudu wa Rwerinka, Akagari ka Byinza, Umurenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, aho basanze avirirana mu mutwe.

Ubwo yabazwaga uko byagenze, ukekwa yemeye ko ari we watemye umugore babanaga mu mutwe akoresheje isuka amusanze mu kindi cyumba yararagamo, amuhoye ko yari yatashye mu ijoro akaza avugana n’abandi bagabo kuri terefoni yamwiyama akamubwira ko we atari umugabo.

Nk’uko iyi nkuru y’Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, icyaha cy’Ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi akurikiranyweho kiramutse kimuhamye yahanishwa igifungo kigera ku myaka 25, nk’uko giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 21 n’107 z’itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *