RDF na FADM bashobora gutangiza ibitero ku Mujyi wa Mocímboa da Praia

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’igitero cy’ingabo za Mozambique (FADM) n’iz’u Rwanda (RDF) cyavanye inyeshyamba mu birindiro byari bisigaye byazo mu gace ka Awasse, ahafatwaga “nk’icyicaro cyazo”, ubu ibitero bishobora kugana ku Mujyi wa Mocímboa da Praia.

Umunyamakuru wa BBC muri Mozambique, Jose Tembe, yagize ati ” Umujyi wa Mocímboa da Praia uri ku nyanja ukiri mu maboko y’izi nyeshyamba niwo ushobora gukurikiraho mu bitero by’izi ngabo za Mozambique zifashijwe n’iz’u Rwanda.”

Uwo mujyi uri muri 70Km mu majyepfo y’uwa Palma ahari umushinga munini wo guhindura gaze ibisukika washowemo miliyari z’amadorari na kompanyi y’Abafaransa ya Total.

Tembe avuga ko intambara ikiri kure yo kurangira kuko izi nyeshyamba zikigenzura ahantu hatandukanye mu bice byinshi bya Cabo Delgado.

Izi nyeshyamba zateye ubwoba zinigarurira uduce twinshi mu ntara ya Cabo Delgado kuva mu 2017, abantu barenga 3,000 barishwe naho abarenga 800,000 barahunga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *