Sudani yahamagaje ambasaderi wayo muri Ethiopia

Sangiza iyi nkuru

Igihugu cya Sudani cyahamagaje ambasaderi wacyo muri Ethiopia kuri iki Cyumweru, nyuma yo kurakazwa n’uko Ethiopia yanze ubusabe bwa Sudani bwo kuba umuhuza mu makimbirane yo muri Tigray.

Minisitiri w’Intebe wa Sudani, Abdalla Hamdok kuwa gatatu ushize yavuganye na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken ku makimbirane akomeje kuvugwa mu majyaruguru ya Ethiopia, yakuye mu byabo abantu bagera ku 53,400 kuva mu mpera za 2020.

Igitekerezo cya Sudani cyo kuba umuhuza mu makimbirane yo muri Tigray yagitanze nk’igihugu kiyoboye muri iki gihe umuryango wa IGAD uhuje ibihugu nka Kenya, Ethiopia, Uganda, Djibouti, Sudan, Uganda na Somalia.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ethiopia ntacyo iratangaza ku bibazo bya Reuters byo kugira icyo ivuga ku kuba Sudani yahamagaje ambasaderi wayo muri Ethiopia.

Kuwa Kane, umuvugizi wa minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Billene Seyoum, yari yamaganye iby’uko Sudani yaba umuhuza mu makimbirane leta ifitanye n’ubuyobozi bw’Intera ya Tigray.

Yavuze ko imibanire y’igihugu cye na Sudani utavuga ko yifashe neza kandi ko icyizere kigomba gushingirwaho mu buhuza ubwo ari bwo bwose, ndetse akaba yarashinje Sudani kwinjiza ingabo zayo muri Ethiopia mu minsi ishize.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *