Abatalibani bigaruriye umurwa mukuru wa karindwi w’intara mu minsi itanu

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi b’Abatalibani bigaruriye umurwa mukuru w’intara ya Farah, mu majyepfo ashyira iburengerazuba bwa Afghanistan, uba umurwa mukuru wa karindwi w’intara aba barwanyi bigaruriye mu gihe cy’iminsi itanu uhereye kuwa Gatanu ushize.

“Kuri iki gicamunsi Abatalibani binjiye mu mujyi wa Farah nyuma yo kurwana gato n’inzego zishinzwe umutekano. Bafashe ibiro bya guverineri n’icyicaro gikuru cya polisi,” uyu ni Shahla Abubar, umwe mu bagize njyanama y’intara ya Farah avugana na AFP kuri uyu wa Kabiri.

Amakuru aturuka muri iyi ntara kandi agera kuri Al Jazeera nayo yemeje ifatwa ry’umurwa mukuru w’iyi ntara.

Farah yigaruriwe nyuma y’aho kuwa Gatanu ushize Abatalibani bari bigaruriye intara ya Nimruz ihana imbibi n’iyi. Ifatwa rya Farah kandi bihaye Abatalibani kugenzura umupaka wa Afghanistan na Iran.

Umuvugizi w’Abatalibani yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto y’abarwanyi batambuka nta kibazo bafite baca ku marembo y’icyicaro gikuru cya polisi no ku biro bya guverineri.

Abasirikare ba Afghanistan nyuma yo kwirukanwa mu Mujyi wa Farah bakaba basubiye inyuma bagana ku birindiro bya gisirikare biri inyuma y’umujyi nk’uko Abubar yakomeje avuga.

Ku rundi ruhande ariko, umuvugizi wa polisi muri iyi ntara we yabwiye Anadolu Agency ko imirwano ikomeye hagati y’ingabo za leta n’Abatalibani ikomeje, kandi ko Abatalibani 80 bishwe.

Abatalibani bakaba banyomoje aya amakuru bavuga ko bamaze kwinjira mu mujyi rwagati.

Ibi byose bikaba biri kuba nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangiye kuvanira ingabo zazo muri iki gihugu zari zimazemo imyaka hafi 20 zirwanya iterabwoba ariko zikaba zisize ingabo z’iki gihugu nta bushobozi zifite bwo kurwanya aba Batalibani bari barirukanwe ku butegetsi bashaka kongera kubwisubiza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *