Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga umutekano wakajijwe ahitwa muri Komini Kibago nyuma y’abantu bitwaje ibirwanisho bagaragaye muri iki gice bikekwa ko binjiye baturutse mu gihugu cya Tanzania.
Biravugwa ko kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru ari bwo hatangiye kuvugwa amakuru y’abantu bitwaje ibirwanisho binjiye muri iyi komini baturutse muri Tanzania.
Abaturage babonye aba bantu bavuga ko kari agatsiko kanini kandi kari kitwaje ibirwanisho bikomakomeye nk’uko iyi nkuru dukesha Ubmnews ikomeza ivuga.
Aho ayo makuru agereye ahagaragara, abashinzwe umutekano biganjemo abasirikare n’abapolisi batangiye kurundwa muri iyi komini biteguye guhangana n’abo bitwaje intwaro binjiriye muri iyo komini.
Nk’uko abaturage bo muri iyi komini ihana imbibi na Tanzania bavuga, abasirikare ba leta bahageze baruhukiye ku mupaka w’ibihugu byombi.
Andi makuru kandi avuga ko abaturage bagera mu 10 batwaje imizigo abo barwanyi ku ngufu ubwo binjiraga bakabarekura nyuma bategetswe kudatanga amakuru ajyanye na bo kuko bashobora kubizira igihe icyo ari cyo cyose.
Biravugwa ko aba barwanyi binjiriye ku ruzi rwa Malagarazi, rugabanya u Burundi na Tanzania ku cyambu kitwa Kwa Kavamahanga.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


