Abatalibani bageze mu birometero 50 uvuye i Kabul nyuma yo gufata Jalalabad

Sangiza iyi nkuru

Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru Abarwanyi b’Abatalibani bigaruriye umujyi wa Jalalabad, bafunga inzira igana mu burasirazuba uvuye mu murwa mukuru, Kabul, mu gihe ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na NATO bikomeje kwitegura kuva muri iki gihugu byari bimaze imyaka 20 birwaniramo n’aba barwanyi. Biravugwa ko ubu Abatalibani bari mu birometero bitageze kuri 50 basatira umurwa mukuru, Kabul.

Amafoto yashyizwe ahagaragara kuri iki cyumweru arerekana Abatalibani ku biro bya Guverineri w’Intara ya Nangarhar, mu murwa mukuru wayo, Jalalabad. Ikindi kigaragara ahantu bari gufata ubuzima buri gukomeza nk’aho abaturage bari biteguye kubakira ndetse mu murwa mukuru hari abavuga ko badateganya guhunga nibahagera.

Umunyamategeko, Abrarullah Murad, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika ko Abatalibani bafashe uyu mujyi nyuma y’aho abakuru bo muri iyi ntara bemeye kuyamanika bakemera ko guverinoma yatsinzwe.

Kuri uyu wa Gatandatu, Abatalibani bari bigaruriye Mazar-e-Sharif, umujyi wa kane munini muri Afghanistan ingabo z’iki gihugu n’abayobozi babiri bakomeye b’abarwanyi bafashaga leta kurwanya Abatalibani, bari biyemeje kurinda, bituma Abatalibani bagenzura amajyaruguru yose y’igihugu.

Kuri uyu wa Gatandatu kandi, Perezida wa Afghanistan, Ashraf Ghani, yafashe ijambo kuri televiziyo y’igihugu ku nshuro ya mbere kuva Abatalibani bubura imirwano, yizeza ko atiteguye kuyamanika asaba ingabo z’igihugu gukomeza kurwana.

Gusa, Associated Press ivuga ko ingabo z’igihugu zatojwe n’Abanyamerika zirimo gukubitwa umusubirizo ndetse zikagenda ziyamanika rimwe na rimwe zitarwanye zigata ibikoresho birimo imodoka z’imitamenwa na za kajugujugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *