Amafaranga yinjizwa n’amabuye y’agaciro yavuye kuri miliyoni 55$ mu 2009 agera kuri miliyoni 733$ mu 2020

Sangiza iyi nkuru

Uko imyaka igenda yicuma, niko n’ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bugenda butera imbere ari nako amafaranga bwinjiza mu gihugu agenda arushaho kwikuba ndetse hakaba hari ikizere ko buzakomeza gutera imbere nyuma y’aho u Rwanda rutangiye kugirana amasezerano n’ibindi bihugu muri uru rwego.

Ababivuga bahera bahera ku masezerano u Rwanda ruherutse gusinyana na Centrafrica mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, bavuga ko ari ikimenyetso cy’uko Abanyafurika ubwabo bashobora gufatanya bakarushaho gutera imbere bakoresheje umutungo kamere bafite.

Abakora muri uru rwego rw’ubucukuzi y’amabuye y’agaciro mu Rwanda nka Kamugwera Vestine wavuganye na RBA akaba amaze imyaka irenga 20 akora muri uru rwego, avuga ko urwego ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro rugezeho mu Rwanda, utarugereranya no mu myaka 27 ishize.

Ati “Aho urwego rw’ubucukuzi rugeze rwafashe indi ntera, kubukora ni technique iri mu rwego ruhanitse, uko imyaka igenda iza ni ko iterambere ry’igihugu ryiyongera.”

Mugenzi we nawe ukora muri uru rwego yagize ati “Ubu dukoresha imashini ntitugikoresha ibisongo n’inyundo, ariko mbere kwari ukugenda dusesera.”

Iterambere ry’urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, rinagaragazwa n’umusaruro utangwa n’uru rwego ukomeje kwiyongera umunsi ku wundi.

Imibare y’ikigo cya mine peteroli na gaz yerekana ko nko mu 2009 ubucukuzi bwinjije milioni 55 z’ amadolari, mu 2010 bwinjiza milioni 71 z’ amadolari, mu 2017 bwinjiza milioni 373 z’amadolari, mu 2019 ziba milioni 412 z’ amadolari, naho muri 2020 ziba milioni 733 z’ amadolari.

Ubwo Perezida wa Centrafrica, Faustin Archange Touadera aheruka mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, ibihugu byombi byasinyanye amasezerano arimo n’ayerekeye ubushakashatsi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ni amasezerano arimo inyungu ku mpande zombi kuko Centrafrica ifite umutungo kamere mwinshi ariko utayizaniraga inyungu nk’ uko bikwiye. Umunyarwanda uba muri iki gihugu, Eduard Kayihura, avuga ko Centrafrica ikungahaye ku mabuye y’agaciro nka Colta, Cuivre, fer ariko zahabu na diyama ari yo acukurwa gusa kandi nabwo mu buryo bwa gakondo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *