Minisitiri Munyangaju yasobanuye impamvu shampiyona yahagaritswe n’igihe ishobora gusubukurirwa

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yasobanuye ko ibikorwa bya siporo birimo na shampiyona y’icyiciro cya mbere byahagaritswe mu rwego rwo guha umwanya abatarikingiza byuzuye kugira ngo babikore.

Minisitiri wa Siporo yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Ukuboza 2021.

Ni nyuma y’uko ku wa Kane tariki ya 30 Ukuboza Minisiteri ayoboye yatangaje amabwiriza mashya yo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, nyuma y’ubwiyongere bukabije bw’imibare y’abandura iki cyorezo mu gihugu.

Amabwiriza mashya yashyizweho na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, azatangira kubahirizwa ku wa Gatandatu tariki ya 01 Mutarama 2022, akazamara iminsi 30.

Imwe mu ngingo iyakubiyemo ivuga ko “Imyitozo y’amakipe ndetse n’amarushanwa bigengwa n’ingaga za siporo birasubitswe.”

Ibi bivuze ko shampiyona zitandukanye zakinwaga zirimo n’iy’icyiciro cya mbere yari igeze ku munsi wa 11 zasubitswe.

Cyakora cyo icyemezo cyo gusubika iyi shampiyona cyamaganwe na benshi mu bakunzi ba Siporo bahamije ko kitigeze gifatanwa ubushishozi.

Minisitiri Munyangaju aganira na Televiziyo y’u Rwanda, yasobanuye ko impamvu ibikorwa bya siporo byahagaritswe mu gihe cy’iminsi 30 ari ugukumira ikwirakwira rya Covid-19 muri uru rwego no guha umwanya abatarikingiza byuzuye kugira ngo babikore.

Yavuze ko nka Minisiteri baganariye na Federasiyo zari zifite imikino iri kuba, bazigaragariza aho zagiye zidohoka ku ngamba zo kwirinda Covid-19.

Yavuze kandi ko mu minsi 15 igihe amashyirahamwe by’umwihariko FERWAFA yaba yagaragaje ingamba nshya zo guhangana na COVID-19 shampiyona yakomeza.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Minisitiri Munyangaju yasobanuye impamvu shampiyona yahagaritswe n’igihe ishobora gusubukurirwa
    Nagende abeshye inka Nyabugogo

  2. Minisitiri Munyangaju yasobanuye impamvu shampiyona yahagaritswe n’igihe ishobora gusubukurirwa
    Nagende abeshye inka Nyabugogo

  3. Minisitiri Munyangaju yasobanuye impamvu shampiyona yahagaritswe n’igihe ishobora gusubukurirwa
    Nubundi ntacyo uvuze kizima pe! bigaragara ko icyemezo atariwowe wagifashe

  4. Minisitiri Munyangaju yasobanuye impamvu shampiyona yahagaritswe n’igihe ishobora gusubukurirwa
    Nubundi ntacyo uvuze kizima pe! bigaragara ko icyemezo atariwowe wagifashe

  5. Minisitiri Munyangaju yasobanuye impamvu shampiyona yahagaritswe n’igihe ishobora gusubukurirwa
    Ko mutagaragaza comparausons zatanzwe n’abanenze icyemmezo cye

  6. Minisitiri Munyangaju yasobanuye impamvu shampiyona yahagaritswe n’igihe ishobora gusubukurirwa
    Ko mutagaragaza comparausons zatanzwe n’abanenze icyemmezo cye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *