Uganda yemeye kwakira impunzi z’Abanya-Afghanistan 2000

Sangiza iyi nkuru

Uganda igiye kwakira impunzi zigera mu 2000 zivuye muri Afghanistan nyuma y’aho iki gihugu cyongeye kwigarurirwa n’Abatalibani bari baracyambuwe n’abanyamareika mu 2001.

Umunyamabanga wa leta ushinzwe impunzi no guhangana n’ibiza, Esther Anyakun, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko ibi bije bikurikira ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwemewe na Perezida Museveni.

Yagize ati “Turateganya kubakira by’agateganyo mbere y’uko bimurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Byasabwe na Guverinoma ya Amerika kuri nyakubahwa. Twatangiye imyiteguro ejo.”

Yongeyeho ko icyiciro cya mbere cy’izi mpunzi zigera kuri 500 cyari gitegerejwe ku itariki 16 Kanama ariko zitahageze nk’uko yi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Nk’uko byemezwa na Guverinoma ya Uganda, ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika nibwo buzishingira ibizagenda kuri izi mpunzi mu gihe zizamara muri iki gihugu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *