Muri iki cyumweru ikigo gikora imiti n’inkingo cya Moderna kigiye gutangira kugerageza urukingo rushingiye kuri mRNA rwo kurwanya virusi itera SIDA. Mu nyandiko cyanyujije kuri ClinicalTrials.gov mu cyumweru gishize, iyi sosiyete yerekanye ko iri gushaka abantu 56 bari hagati y’imyaka 18 kugeza kuri 50 batanduye virusi itera SIDA.
Biteganijwe ko igerageza rizatangira kuri uyu wa Kane itariki ya 19 Kanama rikazarangira mu mpeshyi ya 2023. Iyi sosiyete irakorana na Kaminuza ya Texas i San Antonio, Kaminuza ya George Washington, Ikigo cy’Ubushakashatsi kuri Kanseri cya Fred Hutchinson, na Kaminuza ya Emory. Ni inyigo y’icyiciro cya I.
Urukingo rwa virusi itera sida rumaze imyaka myinshi ari nk’inzozi, no kugerageza kwinshi , ariko inkingo nyinshi byagaragaye ko zidatekanye, kandi nta na rumwe rwagaragaje ko rwegereje kuba ingirakamaro.
Ubushakashatsi bwakozwe ku rukingo mu myaka ya za 2000 bukorerwa muri Thailande byavuzwe ko rwagabanyije ibyago byo kwandura ho 30% ariko ntabwo rwavuzweho rumwe.
Urundi rukingo rwageragejwe muri iyi myaka rwo rwahise ruhagarikwa nyuma yo gusanga ahubwo rushobora kongera ibyago byo kwandura agakoko gatera sida.
Moderna na Pfizer-BioNTech nibyo bigo bya mbere inkingo zabyo za Covid-19 zahawe uburenganzira bwo gukoreshwa aho ari ho hose ku Isi.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


