Polisi irahiga hasi hejuru umugabo wa Teta Sandra

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Uganda irahiga bukware umugabo w’Umunyarwandakazi, Teta Sandra, witwa Douglas Mayanja uzwi ku mazina ya Weasel Manizo muri Goodlyfe ku byaha byo gukubita no gukomeretsa, ngo imufunge.

BWIZA kuwa 18 Kanama yabagejejeho inkuru ko Weasel uzwi ku mazina nka Giz, Pompo n’andi yakubise umukozi we wo mu rugo, Kaweesi Cyrus, akamugira intere. Aba bakozi muri Uganda bakunze kubita Shamba Boy.

Kuri ubu, ibinyamakuru byandika imyidagaduro muri Uganda bivuga ko Weasel ashakishwa ngo aryozwe ibyo gukubita Kaweesi n’indi nshuti ye itavuzwe amazina. Aba bose ngo yarabakubise abagira intere.

Bivuga ko umuryango we (The Mayanjas) bari kumuhishira, ingingo polisi ivuga ko ari ukwitambika ubutabera.

Umuvugizi wa Polisi muri Kampala, Luke Owoyesigire, avuga ko ” Inshuro zose bagiye kwa Weasel bamubuze.”

Hari amakuru ko Weasel yiyunze n’abo yakubise gusa Afande Owoyesigire akavuga ko ” Ibyo bitakorerwa ahandi hatari mu rukiko kuko ibyabaye ari icyaha ubwacyo.”

Afande ati ” Twagiye kenshi mu rugo rw’ukekwa ariko ntitwahamubona. Nimero za telefoni zisanzwe tumuboneraho ntiziriho. Kaweesi yatanze ikirego kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kizungu muri Makindye mu Karere ka Kampala. Yavuze ko yamuvunnye ukuguru ndetse amurema uruguma ku mutwe.”

INKURU YABANJE: https://bwiza.com/?Umugabo-wa-Teta-Sandra-yakubise-umukozi-we-wo-mu-rugo-ajya-mu-bitaro

Weasel arashakishwa mu gihe byavugwaga ko no mu minsi ishize yari yarwanye n’undi muhanzi witwa King Saha bari Makindye ahitwa Neverland.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-Q

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *