Nyuma y’aho FARDC kuwa Mbere ushize, itariki 16 Kanama 2021, itangarije ko abadepite hafi ya bose bavuka mu burasirazuba bw’igihugu bashyigikiye imitwe yitwaje intwaro ihakorera kandi batishimiye ibihe bidasanzwe byatangijwe n’umukuru w’igihugu hagamijwe kuhagarura amahoro, abadepite na bo bikomye igisirikare bagishinja kunanirwa guhangana n’inyeshyamba ahubwo kikabitwaza kikanabatera ubwoba.
Sylvain Ekenge, umuvugizi w’ubuyobozi bwa gisirikare buyoboye Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri ibi bihe bidasanzwe, aherutse guhamagarira abaturage kutumva ubutumwa bw’abaturage bavuka muri iyi ntara babasaba kwamagana ubu buyobozi bwa gisirikare.
Ni ubutumwa butashimishije abo badepite batorewe muri iyi ntara nk’uko urubuga Politico.cd dukesha iyi nkuru ivuga.
Umwe muri aba badepite watorewe muri Teritwari ya Lubero, akaba ari na Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko y’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Jean-Paul Lumbulumbu, yavuze ko igisirikare cyakagombye kuba kirangiza ubwicanyi bwo muri Beni kitagomba kuba gitangira kubatera ubwoba.
Yagize ati “ Ntabwo utera ubwoba abantu, urabakorera. Inkunga y’abayobozi babo batowe ni ibisabwa kugirango batsinde intambara, mureke rero iterabwoba.”
Ku ruhande rwe, Jean-Paul Ngahangondi (uri ku ifoto), nawe asanga igisirikare kigomba kwibanda ku guhagarika ubwicanyi bukorerwa abaturage aho kujya mu iterabwoba.
Ati “ Niba mudashoboye gucecekesha za kalachnikov za ADF zirimbura ubuzima bw’abantu mu karere ka Beni, mugire isoni zo kwishora mu gutera ubwoba abahohotewe,”
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


