Urukiko rwemeje gusubika urubanza rwa Karasira we abitera utwatsi

Sangiza iyi nkuru

Abunganizi ba Aimable Karasira ushinjwa gupfobya Jenoside; Gatera Gashabana na Evode Kayitana babwiye urukiko ko umukiliya wabo atameze neza bityo ko ataburana, mu gihe urukiko rwari rwemeje ko urubanza rusubikwa, Karasira arabyanga avuga ko ibibi birutanwa.

Abunganira Aimable Karasira uyu munsi babwiye uruko rwisumbuye ko umukiliya wabo agifite uburwayi bwo mu mutwe kandi urukiko rw’ibanze mu kwezi gushize rwabyirengagije rutegeka ko afungwa by’agateganyo.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane hifashishijwe ikoranabuhanga, uregwa ari kuri gereza n’abunganizi be Gatera Gashabana na Evode Kayitana, bavuze ko ataburana kuko atameze neza.

Urukiko rwemeje gusubika urubanza ariko Karasira ahita avuga ati: “Ibibi birarutana aho kurusubika ndaburana”, maze atangira kujurira icyemezo kimufunze by’agateganyo.

Abamwunganira bavuze ko urukiko rw’ibanze rwirengagije impapuro za muganga zihamya uburwayi bwa Karasira, ndetse bavuga ko “umuntu uri imbere y’ubucamanza ari umurwayi”.

Basaba ko Karasira ahabwa iminsi irindwi yo kwivuza muri Caraes i Ndera kubera uburwayi afite bwo mu mutwe.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ibyo nta shingiro bifite kuko umuganga ari we ubwira urukiko ko umuburanyi acyeneye kuvuzwa, rugafata umwanzuro.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uburwayi Karasira afite budakuraho ko afite ubwenge n’ubushishozi bwo kumenya ikibi n’icyiza.

Impaka ku buzima bw’uregwa bwo mu mutwe nizo zaranze iburanisha uyu munsi, urukiko ruvuga ko ruzazifataho umwanzuro kuwa kane w’icyumweru gitaha tariki 26 Kanama 2021 nk’uko BBC yakurikiranye uru rubanza ibitangaza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *