Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatatu , itariki 18 Kanama 2021 rwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo ukurikiranweho icyaha cyo gucuruza urumogi Uyu mugabo akaba yarafatiwe mu cyuho agiye kugurisha boules 192 z’urumogi.
Uyu mugabo wahawe amazina ya M.J.D yafatiwe mu cyuho ku itariki 09 Nyakanga 2021 nka saa yine za mugitondo, mu rugo rwe mu Mudugudu wa Kariyeri, Akagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, afatanwa udupfunyika 192 tw’urumogi yari agiye kugurisha.
Akimara gufatwa, Abapolisi basatse mu nzu ye bahasanga utundi dupfunyika 15 ndetse n’ikilo n’inusu by’urumogi yariho afunga mu dupfunyika (1,5kgs na boules 15).
Uregwa yafatiwe mu cyuho ndetse anabazwa mu Bushinjacyaha yemera icyaha avuga ko yari asanzwe acuruza urumogi, akaba yaburanishijwe mu buryo bwihuse hashingiwe ku biteganywa n’ingingo ya 65 y’Itegeko no 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha.
Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko akurikiranweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge by’urumogi biri mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 11 y’Itegeko NÂş 69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura Itegeko nÂş 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Iyi ngingo iteganya ko uhamwe n’iki cyaha, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


