Mikel Arteta utoza Arsenal yasubije Perezida Kagame

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Espagne Mikel Arteta utoza ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza, yasubije Perezida Paul Kagame uherutse gutangaza ko iyi kipe idakwiye gutanga urwitwazo cyangwa ngo yemere ko idashoboye.

Byari nyuma y’uko Arsenal yari imaze gutsindwa ibitego 2-0 na Brentford yazamutse uyu mwaka ivuye mu cyiciro cya kabiri, mu mukino w’umunsi wa mbere wa Shampiyona y’Abongereza wabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Perezida Kagame abinyujije kuri Twitter ye, yagaragaje agahinda yatewe no gutsindwa uyu mukino, ashimangira ko Arsenal yari hasi ya Brentford yabonye intsinzi ikwiriye.

Ati: “Ibi ni ibiki? Ni umupira w’amaguru, ni ugutsindwa kwa Arsenal imbere ya Brentford. Brentford yari ikwiriye gutsinda kandi yabikoze. Umukino ubwawo Arsenal n’abafana ntibakwiye kumenyera ibi… Oya! Mvuze ibi nk’umwe mu bafana bakomeye ba Arsenal, hashize igihe kinini nta mpinduka.”

Perezida Kagame icyo gihe yavuze ko Arsenal imaze imyaka irenga mu bibazo, gusa agaragaza ko ikwiye gushyiraho gahunda ihamye mu rwego rwo kubyigobotora.

Ati: “Ni ibihe bitoroshye bimaze imyaka 10 cyangwa irenga, turi hejuru cyangwa hasi, cyane hasi kugeza ubu. Ese ntidushobora kugira gahunda nzima yadufasha? Ku ruhande rumwe icyo kwitaho ni uburyo twitwara ku isoko, abakinnyi tugura ngo bayishyire mu bikorwa. Uko bikorwa ubu nta mpinduka bizana.”

Umukuru w’Igihugu yunzemo ko hakwiye kubakwa ikipe ishoboye guhangana ku buryo n’iyo yatsindwa, byabaho nk’ibiyigwiririye.

Ati: “Ntabwo tugomba gutanga urwitwazo cyangwa ngo twemere ko tudashoboye. Ikipe igomba kubakirwa ku ntego yo gutsinda, gutsinda, gutsinda bityo twanatsidwa bikaba ari ibitugwiririye. Ndabizi neza ko twese tuzi abo uyu mutwaro uremereye cyane ujya ku bitugu. Ndizera ko na bo babizi cyangwa babyemera.”

Umutoza Arteta aganira n’itangazamakuru mbere y’umukino Arsenal yakiramo Chelsea i Emirates Stadium kuri iki Cyumweru, yavuze ko yemeranya n’amarangamutima ya Perezida Kagame.

Ati: “Ndemera ko Arsenal idakwiye kwemera ko idashoboye. Ibyo ndabyemera cyane.”

Umutoza Arteta yakomeje avuga ko atishimiye abakinnyi bakomeje kumutaba mu nama, n’ubwo atigeze abagaragaza amazina.

Arsenal izakina Chelsea kuri iki Cyumweru idafite abenshi mu bakinnyi bayo bakomeye, barimo umunya-Gabon Pierre-Emerick Aubameyang usanzwe ari Kapiteni wayo, Umufaransa Alexandre Lacazette n’umunya-BrĂ©sil Willian.

Aba bakinnyi uko ari batatu banduye icyorezo cya COVID-19.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *