Gabriel Kyungu Wa Kumwanza, washinze ishyaka UDPS afatanyije na Étienne Tshisekedi mu ntangiriro z’imyaka ya 80 ndetse akaba yari umuntu ushyigikira cyane umuhungu w’umusangirangendo we, Felix Tshisekedi, uyoboye Repubulika ya Demokarasi ya Congo muri iki gihe, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu, iariki 21 Kanama aguye i Luanda muri Angola.
Gabriel Kyungu yari mu rubuga wa politiki ya Congo kuva mu 1960. Yahoze aharanira uburenganzira bw’abarimu, mbere yo kuba mu bantu 13 bafatanyije na Étienne Tshisekedi Wa Mulumba gushinga ishyaka UDPS mu ntangiriro z’imyaka y’1980.
Aba bari abadepite bari biyemeje guhangana n’ubutegetsi bwa Marechal Mobutu Sese Seko mbere y’uko yisubira akongera kujya ku ruhande rwa Mobutu nk’uko tubikesha RFI.
Ubwo ingabo za AFDL, za Laurent Desire Kabila zafataga ubutegetsi, yashyigikiye ubutegetsi bushya mbere yo gusubira mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi.
Yaje kwiyunga na Étienne Tshisekedi mbere y’uko uyu apfa mu 2017. Kugeza ubwo yapfaga ku myaka 83, Kyungu yari umwe mu bantu b’ingenzi bari bashyigikiye Perezida Felix Tshisekedi.
Umunyapolitiki, Moise Katumbi, avuga ko azahora yibuka umugabo yafataga nka mukuru we wabaye inteko ishinga amategeko y’Intara ya Katanga igihe yari ayibereye guverineri.


