abs-cbn-franchise-renewal-senate-february-24-2020-034.jpg

Perezida Duterte arateganya kurekura ubutegetsi ahita aba visi perezida

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Philippine, Rodrigo Duterte, yemeye kuzaba umukandida w’ishyaka rye (PDP-Laban) mu matora yo mu mwaka utaha ku mwanya wa visi perezida, aho asa nk’uska kwiharurira inzira yo kuzagumana ububasha nyuma yo gusoza kuva ku butegetsi nyuma ya manda yemerewe.

Ishyaka PDP-Laban ryatangaje ibi mbere y’amatora y’abagize inteko ishinga amategeko ateganyijwe ku itariki 08 Nzeri, ari naho biteganyijwe ko rizanatangariza Senateri Christopher Bong Go, usanzwe ari umuntu wa hafi wa Duterte nk’umukandida w’iri shyaka mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2022.

Muri Philippines umukuru w’igihugu yemerewe manda imwe y’imyaka 6 kandi iya Duterte izarangira mu kwezi kwa gatandatu mu mwaka utaha. Gahunda ye yo kwiyamamariza umwanya wa visi perezida w’igihugu iragaragara nko gushaka kuguma hafi y’ubutegetsi ku buryo yabusubiraho bitamugoye.

Abanenga Duterte bakaba basanga ashaka kugumana ubutegetsi abinyujije muri uyu mwanya wa kabiri wo hejuru mu gihugu, mu gihe inshuti ye yatsinda amatora nyuma ikegura ku butegetsi.

abs-cbn-franchise-renewal-senate-february-24-2020-034.jpg

Duterte, wakunze kwigaragaza nk’umuntu udakeneye imbaraga, yakunze kumvikana avuga ko yifuza ko Go yazamusimbura, ndetse yagize uruhare mu gutuma aba Senateri mu 2019, umwanya yakomatanyaga no kuba umufasha wihariye (personal aide) wa Duterte.

Perezida Duterte yamamaye cyane ubwo yageraga ku butegetsi muri Kamena 2016 agahita atangiza intambara yo kurwanya ibiyobyabwenge aho yumvikanye atanga uburenganzira bwo kwica ababicuruza n’ababikoresha aho abantu bagiye bicirwa ku mihanda Umuryango Mpuzamahanga ukabyamagana wivuye inyuma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *