Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Mali yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Mali, Boubeye Maiga, yatawe muri yombi akurikiranweho uruhare mu igurwa ry’indege y’uwari umukuru w’igihugu, Ibrahim Boubacar Keita, ritavuzweho rumwe.

Impamvu ya nyayo y’itabwa muri yombi rye ntabwo irasobanuka neza, ariko rifitanye isano n’indege yaguriwe umukuru w’igihugu mu 2014 kuri miliyoni 40$ nk’uko umwunganizi we, Kassoum Tapo, yabitangarije Reuters ku murongo wa telephone kuri uyu wa Kane.

Ati “Ntabwo turabona dosiye y’ikirego ubwo kugeza ubwo tuzayibona nta byinshi twavuga,”

Abanengaga ubutegetsi bavuze ko ubuyobozi bwa Keita bwishyuye amafaranga y’umurengera kandi ko amasezerano yo kugura iyo ndege yaranzwemo ruswa. Ibi byateje icyasha ubutegetsi bwa Keita bituma Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari na Banki y’Isi bihagarika inkunga byateraga iki gihugu.

Boubeye Maiga yabaye Minisitiri w’Intebe kuva mu 2017 kugeza mu 2019 kandi yagaragaraga nk’umuntu ushobora kuba umukandida mu matora ategerejwe mu mwaka utaha nyuma y’aho Keita akuwe ku butegetsi muri kanama umwaka ushize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *